Rutahizamu witwa Alpha Mabiala Kinkela ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo,yageze I Kigali aho aje gukinira ikipe ya Rayon Sports.
Uyu rutahizamu uzwi mu makipe nka Racing Club de Kinshasa yaje muri Rayon Sports bucece kubera ko hari indi kipe yo mu mujyi wa Kigali imwifuza.
Uyu mukinnyi bivugwa ko bamurangiwe na kizigenza Luvumbu Heritier Nzinga wavuze ko ari ku rwego rwo hejuru.
Rayon Sports irashaka rutahizamu hasi hejuru,nyuma yo gutenguhwa nabo ifite barimo Mussa Essenu na Rudasingwa.
Rayon Sports ishaka kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka gusa irushwa na APR FC ya mbere amanota 5.
Bivugwa ko uyu rutahizamu yaje n’imodoka aturutse i Goma aho kuri ubu ari kuganira n’abayobozi ba Rayon Sports.
Uyu mukinnyi ngo yavutse mu 1996,ubu akaba afite imyaka 27.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *