Ikipe ya Rayon Sports yakomeje urugendo rwerekeza Benghazi muri Libya nubwo hari amakuru menshi avuga ko umukino wayo ushobora gusubikwa kubera umwuzure uheruka kubera muri iki gihugu berekejemo.
Kugeza ubu nta cyemezo gikuraho umukino kirasohoka cyane ahubwo CAF yanditse ibaruwa itumira Rayon Sports mu nama yo kwitegura uyu mukino uzaba ku wa 5.
Iyo baruwa ivuga ko iyi nama izaba kuri uyu wa Kane muri Hotel yitwa Berenice Tourist saa tanu z’amanywa.
Ikipe ya Al Hilal Benghazi yanditse isaba ko hafatwa umunota wo kwibuka abahitanywe n’ibiza muri Libya nyuma iza gusaba ko umukino wakwimurwa.
Al Hilal Benghazi yandikiye ibaruwa CAF iyisaba gusubika umukino hakabanza kureba ko igihugu cyagira umutuzo.
Yagize iti “Mu gahinda kenshi twihanganishije imiryango yacu ndetse n’iy’abari Sharq. Igihugu cyahuye n’umuyaga ukomeye cyane, watumye hari abakomeretse abandi bahaburira ubuzima.”
“Ubu igihugu cyose kiri mu bikorwa byo guhangana n’icyo kibazo. Twabasabaga kwemeza ubusabe bwacu bw’uko mwahagarika umukino Al Hilal yagombaga kwakiramo Rayon Sports mu irushanwa rya CAF Confederation Cup mu ijonjora ryaryo rya kabiri, uteganyijwe kuba ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2023 kuri Benina Martyrs Stadium i Benghazi.”
Ikipe ya Rayon Sports ubu iri mu Misiri aho itegereje gufata indege iyigeza i Benghazi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu igatangira kwitegura uyu mukino w’ishyiraniro.
Hategerejwe umwanzuro wa CAF kuri ubu busabe bwo kwimura uyu mukino ubanza wo mu ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup.
Abantu nibura 2,300 barapfuye muri Libya, ubwo ku cyumweru amazi y’imyuzure ameze nka tsunami yakumururaga byose mu mujyi wa Derna, nyuma yuko urugomero rusandaye mu nkubi y’umuyaga uvanze n’imvura nyinshi, inkubi yiswe Storm Daniel.
Mu gihe byatangajwe ko abantu 10,000 baburiwe irengero, umubare w’abapfuye byitezwe ko wiyongera.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *