skol

Real Madrid igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya 3 yikurikiranya

Yanditswe: Tuesday 01, May 2018

Mu mukino w’ishyiraniro waryoheye buri mukunzi wa ruhago,ikipe ya Real Madrid inganyije na Bayern Munichen ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cya UEFA Champions League, ihita iyisezerera kuko mu mukino ubanza yayitsinze ibitego 2-1.

Muri uyu mukino Bayern Munichen yari yariye karungu,yaruhije bigaragara Real Madrid,yakijijwe n’umunyezamu wayo Keylor Navas wakuyemo imipira myinshi yakabaye yavuyemo ibitego.

Umukino ugitangira ku munota wa kabiri,Bayern Munichen yafunguye amazamu, ku gitego cyatsinzwe na Josua Kimmich,nyuma y’aho myugariro Ramos yari ananiwe gukiza izamu rye.

Real Madrid yahise ijya ku gitutu ariko ibasha kwihagararaho kubera ko yari imbere y’abafana bayo,byatumye yishyura iki gitego ku munota wa 11 gitsinzwe na Karim Benzema ku mupira mwiza yahawe na Marcelo.

Bayern Munichen yakomeje gusatira ndetse igenda ihusha uburyo bukomeye,byatumye igice cya mbere amakipe yombi anganya ibitego igitego 1-1.

Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 46,ikipe ya Bayern Munichen yatakaje umupira imbere y’izamu,ubwo umukinnyi Corentin Tolisso yaherezaga umunyezamu we Sven Ulreich arawuhusha Karim Benzema wari hafi ahita awushyira mu rushundura byahise bishyira ikipe ya Bayern Munichen mu mazi abira.

Bayern yahise itangira kotsa igitutu gikomeye Real Madrid ndetse ikambika ku izamu ryayo,umunyezamu Keylor Navas agenda akuramo imipira ikomeye yaterwaga na ba rutahizamu ba Bayern Munichen,ariko birangira aba Badage bishyuye ku munota wa 63 ku gitego cyatsinzwe na James Rodriguez.

Bayern Munichen yasabwa igitego 1 kugira ngo isezerere Real Madrid,yakomeje guhiga ihitego nk’iyagitaye,yugariza bikomeye Real Madrid ariko biba iby’ubusa, ibura igitego cya 3.

Real Madrid isezereye Bayern Munichen iyitsinze ibitego 4-3 mu mikino yombi ubanza n’uwo kwishyura,gusa umukino ubanza niwo uhemukiye iyi kipe y’umutoza w’umuhanga Jupp Heynckes kuko yawutsinzwe ibitego 2-1.

Mu gihe gito umutoza Zinedine Zidane amaze ari umutoza wa Real Madrid abashije kugeza Real Madrid ku mukino wa nyuma inshuro 3 zikurikiranya muri UEFA Champions League ndetse bimuhaye amahirwe yo kuba yakwegukana igikombe uyu mwaka.

Nubwo Bayern isezerewe yarangije umukino ifite 69 ku ijana mu guhererekanya umupira kuri 39 ya Real Madrid ndetse yabashije gutera mu izamu inshuro 8 kuri 6 za Real Madrid

Real Madrid ikatishije itike yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabera mu mugi wa Kiev muri Ukraine aho izahura n’izarokoka hagati ya Liverpool na AS Roma.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa