skol

Real Madrid igiye gusimbuza Eden Hazard undi mukinnyi uvunika cyane nkawe

Yanditswe: Saturday 25, Feb 2023

featured-image

Ikipe ya Real Madrid biravugwa ko iri gushaka rutahizamu wa Chelsea, Christian Pulisic ngo ayerekezemo nubwo atabona umwanya uhagije wo gukina.
Iki kigugu cyo muri Espagne kiritegura kurekura Hazard mu gihe azaba yinjiye mu mwaka wa nyuma w’amasezerano ye.
Madrid ntabwo ishakagushora akayabo mu gushaka umusimbura we ariyo mpamvu ngo yatekereje kuri Pulisic w’umunyamerika.
Nkuko Defensa Central ibitangaza, Chelsea irashaka kugurisha abakinnyi benshi mu mpera z’uyu mwaka w’imikino kugira (…)

Ikipe ya Real Madrid biravugwa ko iri gushaka rutahizamu wa Chelsea, Christian Pulisic ngo ayerekezemo nubwo atabona umwanya uhagije wo gukina.

Iki kigugu cyo muri Espagne kiritegura kurekura Hazard mu gihe azaba yinjiye mu mwaka wa nyuma w’amasezerano ye.

Madrid ntabwo ishakagushora akayabo mu gushaka umusimbura we ariyo mpamvu ngo yatekereje kuri Pulisic w’umunyamerika.

Nkuko Defensa Central ibitangaza, Chelsea irashaka kugurisha abakinnyi benshi mu mpera z’uyu mwaka w’imikino kugira ngo irebe ko hari ayo yagaruza muri miliyoni 600 z’amapawundi yatanze mu masoko abiri aheruka.

Icyakora biravugwa ko akayabo Todd Boehly yishyuye gashobora kumukoraho i Burayi mu bya Uefa’s financial fair play

Uyu munyamerika w’imyaka 24,ntaheruka gukina kubera imvune y’ivi yagize kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.

Muri uyu mwaka w’imikino amaze gutangira mu kibuga imikino ya Chelsea itandatu gusa.

Kuva yava muri Borussia Dortmund yerekeza muri Chelsea muri 2019,yakinnye imikino isaga 136 ayitsindira ibitego 26,anatanga imipira yavuyemo ibitego 21.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa