Real Madrid inaniwe gutsinda FC Barcelona y’abakinnyi 10 mu mukino umusifuzi yigaragaje cyane
Yanditswe: Sunday 06, May 2018
Ikipe ya FC Barcelona ishobora gukora amateka yo kurangiza shampiyona ya Espagne idatsinzwe ,nyuma yo kunganya na Real Madrid ibitego 2-2,mu mukino wa El Clasico waranzwe no kubogama k’umusifuzi Alejandro Hernandez wirengagije cyane amakosa yakorerwaga abakinnyi ba Real Madrid.
Ikipe ya FC Barcelona yatangiye isatira ndetse bidatinze ihita ifungura amazamu ku munota wa 9 ku gitego cyatsinze na Luis Suarez, wahawe umupira mwiza ari mu rubuga rw’amahina na Coutinho agatera ishoti rikomeye umunyezamu Kaylor navas ntabashe kurigarura.
Ntibyatinze kuko ku munota wa 15 w’umukino Cristiano Ronaldo yishyuriye Real Madrid igitego amakipe yombi ahita anganya igitego 1-1,gusa Ronaldo agira akabazo k’imvune kuko ubwo yatangaga umupira Pique akawushyira mu izamu yamukandagiye bikomeye.
Ku munota wa nyuma w’igice cya mbere,myugariro Sergi Roberto yakubise inkokora Marcelo ku bushake,umusifuzi aramubona amuha ikarita y’umutuku.
Real Madrid yari yariye karungu ndetse ishaka guhagarika inzozi za FC Barcelona zo kurangiza shampiyona idatsinzwe, yahushije uburyo bwinshi imbere y’izamu rya Barcelona bituma amakipe yombi ajya kuruhuka anganya igitego 1-1.
Igice cya kabiri cyatangiye Real Madrid isatira ndetse yereka abafana ko igiye gushaka amanota 3 gusa ntibyaje kuyihira kuko yaje gutsindwa igitego ku munota wa 52 gitsinzwe na Messi ku mupira mwiza yahawe na Luis Suarez,hanyuma acenga ba myugariro 3 ba Real Madrid atera ishoti rikomeye Navas ntiyabasha kuwugarura.
Iki gitego cyateje impaka mu bakunzi ba ruhago hirya no hino ku isi,kuko mbere y’uko Suarez aha umupira Messi yabanje gukorera ikosa ryagaragariraga buri wese,ubwo yakubitaga amaguru ya myugariro Raphael Varane ku bushake akamutura hasi byatumye atanga uyu mupira wavuyemo igitego.
Real Madrid yakomeje gusatira kuko bari benshi mu kibuga bibafasha kwishyura igitego ku munota wa 75,cyatsinzwe na Gareth Bale ku mupira yahawe na Marco Asensio.
Real Madrid yabonye amahirwe akomeye ubwo Marcelo yinjiraga mu rubuga rw’amahina,aterwa na Jordi Alba mu buryo bugaragara umusifuzi yanga gutanga penaliti,byatumye abafana benshi bifata ku munwa.
Messi yahushije uburyo bukomeye ubwo yasigaranaga n’umunyezamu Navas akamutera umupira akawukuramo byatumye amakipe arangiza anganyije ibitego 2-2.












Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *