Umukinnyi Jobe Bellingham ashobora gukinana na mukuru we Jude muri Real Madrid,mu myaka iri imbere.
Bivugwa ko iki gihangange cyo muri Espagne cyohereje abantu kugira ngo barebe uyu musore ukinira Ubwongereza mu batarengeje imyaka 19 mu mikino mpuzamahanga.
Bellingham wasinyiye Sunderland mu mpeshyi,yagaragaye mu ikipe y’Ubwongereza y’abatarengeje imyaka 19 yanganyije na Montenegro 0-0.
Ibyaranze uyu mukino byashyizwe ku mbuga nkoranyambaga byatumye abakunzi ba ruhago bagaruka cyane kuri uyu musore w’imyaka 18 ufite ubuhanga ku mupira,
El Nacional ivuga ko abahagarariye Real Madrid barebye uyu mukino kugira ngo barebe uko Bellingham yitwara.
Perezida wa Los Blancos, Florentino Perez, ngo niwe wasabye ukuriye abashinzwe gushakira iyi kipe abakinnyi witwa Juni Calafat kohereza abantu kuri uyu mukino.
Amakuru avuga ko Perez ashaka kuzana Jobe i Santiago Bernabeu ngo akinane n’umuvandimwe we.
Jude w’imyaka 20 yageze muri Real Madrid mu mpeshyi avuye muri Borussia Dortmund.
Akayabo ka miliyoni 115 z’amapawundi Jude yagize,yamugize Umwongereza wa mbere uhenze kurusha abandi bose bakina ruhago ndetse ubu ahagaze neza cyane.
Amaze gutsinda ibitego 10 mu mikino 10 amaze gukinira Real Madrid ndetse amaze gutanga imipira 3 yavuyemo ibitego.
Jude na Jobe Bellingham bashobora guhurira muri Real Madrid
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *