Ikipe ya Real Madrid CF yashyize hanze itangazo ihakana amakuru yakwirakwijwe mu minsi yashize yavugaga ko yaba ifite gahunda yo kugura umukinnyi Enzo Fernández ukinira Chelsea FC.
Muri iryo tangazo, Real Madrid yavuze ko nta gikorwa na kimwe, yigeze ikora kigamije gusinyisha uwo mukinnyi, kandi ko nta n’icyifuzo na kimwe ifite kijyanye n’iyo gahunda.
Iyi kipe yo muri Espagne yavuze ko ifata Enzo Fernández nk’umukinnyi ukomeye kandi w’inararibonye, ishimangira ko yubaha cyane Chelsea FC, nk’ikipe ikomeye ifitanye n’ayo umubano mwiza.
Aya makuru yabanje gukwirakwizwa mu kwezi kwa Mutarama ubwo Real Madrid yashakaga abakinnyi bo hagati ku isoko ry’abakinnyi. Muri iyi mpeshyi, ubwo Marc Cucurella bakinannye muri Chelsea, yerekeje muri Real Madrid nibwo amakuru yuko Enzo Fernandez nawe agiye gusinya na Real Madrid yasakaye cyane aho Cucurella yavuze mu kiganiro ko yakishimira mugenzi we Enzo bajyanye muri Real Madrid bavuye muri Chelsea FC.
Enzo Fernandez ari mu bakinnyi bo hagati birwaye neza uyu mwaka mu burayi, aho yatsinze ibitego 17 anatanga imipira 7 ivamo ibitego muri saison.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *