Real Madrid yemeje ko yatandukanye n’umutoza wayo Zinedine Zidane
Yanditswe: Thursday 27, May 2021
Ikipe ya Real Madrid yemeje ko uwari umutoza wayo Zinedine Zidane yamaze kuva mu ikipe nubwo yari agifite amasezerano y’umwaka yo gukomeza akazi ke.
Uyu mutoza w’umunyabigwi wagowe cyane n’uyu mwaka w’imikino nubwo yageze muri ½ cya UEFA Champions League ndetse akanahatanira La Liga kugeza ku munsi wa nyuma.
Mu butumwa Real Madrid yashyize hanze yagize ati “Real Madrid iratangaza ko umutoza Zinedine Zidane yafashe umwanzuro wo gusesa amasezerano ye nk’umutoza mukuru w’ikipe.
Tugomba kubaha icyemezo cye ndetse tugashima ubunyamwuga bwe, kwiyemeza no gukunda akazi ke mu myaka myinshi ndetse nicyo asobanuye kuri Real Madrid.
Zidane n’umwe mu banyabigwi bakomeye mu ikipe ya Real Madrid ndetse agaciro ke karenze ibyo yakoreye ikipe yaba nk’umutoza cyangwa umukinnyi.
Arabizi ko ari mu mitima y’abakunzi ba Real Madrid kandi ko azahora afite icyicaro mu ikipe.”
Zidane yamaze imyaka 5 akinira Real Madrid kugeza ubwo yasezeraga ku mupira muri 2006.Yayigarutsemo nk’umutoza ahera kuri Castilla muri 2014,mbere y’uko azamurwa mu ikipe nkuru asimbuye Rafa Benitez wirukanwe muri Mutarama 2016.
Uyu Mufaransa w’umunyabigwi yahesheje ibikombe 3 bya Champions League yikurikiranya ndetse arenzaho ahesha iyi kipe ibikombe bya La Liga 2.
Zidane yatoje imikino 263 muri Real,atsinda 174 hanyuma atsindwa 36 gusa.
Amakuru avuga ko mu batoza Real Madrid iri gutekerezaho harimo Antonio Conte watandukanye na Inter Milan,Raul Gonzalez umunyabigwi wayo na Joachim Low watwaye igikombe cy’isi 2014 mu ikipe y’Ubudage.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *