skol

Rodri wa Manchester City yahishuye ikipe imwe rukumbi bazahanganira igikombe cya shampiyona

Yanditswe: Thursday 22, Sep 2022

featured-image

Umukinnyi ukina hagati muri Manchester City witwa Rodri yatangaje ko ikipe imwe rukumbi bazahanganira igikombe cya Premier League uyu mwaka ari Tottenham Hotspur itozwa na Antonio Conte.
Ikipe ya Tottenham Hotspur iri ku rwego rwo hejuru uyu mwaka,niyo Rodri abona bahatanira igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka w’imikino yirengagije izindi nka Arsenal ya mbere.
Iyi kipe yo mu majyaruguru ya London ntabwo iregukana igikombe cya Premier League, gusa igikombe cya shampiyona y’Ubwongereza (…)

Umukinnyi ukina hagati muri Manchester City witwa Rodri yatangaje ko ikipe imwe rukumbi bazahanganira igikombe cya Premier League uyu mwaka ari Tottenham Hotspur itozwa na Antonio Conte.

Ikipe ya Tottenham Hotspur iri ku rwego rwo hejuru uyu mwaka,niyo Rodri abona bahatanira igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka w’imikino yirengagije izindi nka Arsenal ya mbere.

Iyi kipe yo mu majyaruguru ya London ntabwo iregukana igikombe cya Premier League, gusa igikombe cya shampiyona y’Ubwongereza igiheruka mu 1961.

Ariko, Rodri yizeye ko uyu mwaka Spurs izahatana bikomeye,ibikesha ahanini umutoza Antonio Conte hamwe n "ikipe ikomeye" bafite.

Yatangarije Gazzetta dello Sport ati: "Bashyize hamwe ikipe ikomeye kandi bafite umutoza ufite ibitekerezo bisobanutse kandi uzi kubibyaza umusaruro neza.

"Bazi icyo bagomba gukora kandi babikora bashyizemo imbaraga. Ndabona Spurs nk’abakandida ku gikombe.Ibigwi bya Conte birivugira."

Rodri afite ukuri mu gushingira ku bigwi bya Conte.

Uyu mutaliyani afite ibikombe bya shampiyona mu makipe menshi yanyuzemo arimo Chelsea, Juventus na Inter Milan.

Hamwe na Conte, Spurs ntiratsindwa muri iyi shampiyona kandi irushwa inota rimwe na Arsenal ya mbere.

Conte yarashyigikiwe mu mpeshyi mu kugura abakinnyi kuko yazanye Richarlison, Yves Bissouma, Ivan Perisic na Djed Spence.

Rodri abona Conte ashobora kubabiza icyuya

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa