Abramovich ukomoka mu Burusiya yikuye ku buyobozi bwa Chelsea nyuma y’imyaka 19 ayiguze. Ibi abikoze nyuma y’amakuru avuga ko ashobora gufatirwa ibihano na Leta y’u Bwongereza bishingiye ku mubano bikekwa ko afitanye na Perezida Putin w’u Burusiya.
Ni nyuma y’uko u Burusiya butangije intambara kuri Ukraine ikomeje kwangiza byinshi.
Abramovich yatangaje ko n’ubwo avuye ku buyobozi bwa Chelsea akiri nyirayo kandi ko atiteguye kuyigurisha.
Abasesenguzi bemeza ko ibi yabikoze kugira ngo (…)
Abramovich ukomoka mu Burusiya yikuye ku buyobozi bwa Chelsea nyuma y’imyaka 19 ayiguze. Ibi abikoze nyuma y’amakuru avuga ko ashobora gufatirwa ibihano na Leta y’u Bwongereza bishingiye ku mubano bikekwa ko afitanye na Perezida Putin w’u Burusiya.
Ni nyuma y’uko u Burusiya butangije intambara kuri Ukraine ikomeje kwangiza byinshi.
Abramovich yatangaje ko n’ubwo avuye ku buyobozi bwa Chelsea akiri nyirayo kandi ko atiteguye kuyigurisha.
Abasesenguzi bemeza ko ibi yabikoze kugira ngo arengera isura ya Chelsea yari itangiye kwangirika kubera intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine.
Ibi kandi bivuze ko ibihano byose yaramuka afatiwe bitagira ingaruka zikabije kuri Chelsea nk’uko byari byitezwe.
Chelsea Foundation isanzwe ikora ibikorwa by’ubugiraneza irebererwa na Bruce Buck, Emma Hayes utoza Chelsea y’abagore, Paul Ramos ushinzwe icungamutungo muri Chelsea, sir Hugh Robertson, Piara Powar na John Devine.
Aba ni bo bagiye kujya bita ku mibereho n’ubuzima rusange bwa Chelsea buri munsi.
Chelsea irahura na Liverpool ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup i Wembley ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.
Chelsea iheruka gutwara iki gikombe muri 2015 mu gihe Liverpool imaze imyaka 10 itagitwara.
Jurgen Klopp utoza Liverpool yatangaje ko umuzamu wa kabiri Caoimhin Kelleher ari we ubanzamo, Allison Becker, Diogo Jota barabanza ku ntebe y’abasimbura mu gihe Firimo we ataboneka kubera imvune.
Thomas Tuchel utoza Chelsea yishimiye igaruka rya myugariro Reece James, bivuze ko afite ikipe ye yose uretse Ben Chilwell uzamara hanze igihe kirekire.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *