skol
fortebet

Rutahizamu Boris Gbenou waguzwe na Rayon Sports ni muntu ki?

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Monday 06, Jul 2026

Rutahizamu Boris Gbenou waguzwe na Rayon Sports ni muntu ki?

Sponsored Ad

skol

Rayon Sports yemeje isinya rya rutahizamu ukomoka muri Centrafrique, Boris Gbenou bigoye kubona amakipe yanyuzemo.

Ni rutahizamu usatira anyuze ku mpande w’imyaka 22 ariko akaba afite ubushobozi bwo kuba yakina nka rutahizamu wo hagati (typical striker).

Biragoye kubona amakipe yakiniye, gusa bigaragara ko yakiniye ikipe y’igihugu ya Centrafrique y’abatarengeje imyaka 20 muri 2023 aho yanatsinze igitego Uganda hari mu Gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20.

Uyu mukinnyi iyo ugerageje kureba andi makipe yakiniye, biragoye kuyabona uretse nka Diplomates Football Club du 8ème Arrondissement (DFC8) y’iwabo.

Gusa biragoye kubona igihe yayigiriyemo n’igihe batandukaniye cyane ko nta kipe yari afite, ariko bigaragara ko ari yo aherukamo.

Uyu mukinnyi akaba abaye umukinnyi wa gatandatu w’umunyamahanga Rayon Sports isinyishije nyuma ya Djiguiba wo muri Mali, Ibrahim Djingarey wo muri Niger, Antonio Atisso Kodjo wo muri Bénin, Charles Tchouplaou wo muri Tchad na Matumona Wakonda Kanda wo muri RDC.

Yanasinyishije abakinnyi b’abanyarwanda nka; Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Nkundimana Fabio, Nizeyimana Mubarak na Muhoza Daniel.

Ubu Rayon Sports iri i Gicumbi aho iri gukorera umwiherero yitegura umwaka w’imikino wa 2026-27 utangirwa na Rayon Day izaba tariki ya 18 Nyakanga 2026 na CECAFA Kagame Cup izatangira tariki ya 24 Nyakanga ikazabera i Kigali.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa