Bruno Fernandes yavuze ku gitego yatsinze bigakekwa ko ari Cristiano Ronaldo wagitsinze
Yanditswe: Tuesday 29, Nov 2022
Rutahizamu Bruno Fernandes yishimiye guha Cristiano Ronaldo igitego cye mumukino Portugal yatsinzemo Uruguay ikabona umwanya muri 1/16.
Ronaldo yishimye cyane nk’uwatsinze iki gitego ariko abayobozi bemeje ko atigeze akora ku mupira yari ahawe n’uwahoze ari mugenzi we muri Manchester United.
Fernandes washimangiye intsinzi kuri penaliti yo mu minota ya nyuma,yagize ati: "Ntabwo ntekereza ko ari ngombwa uwatsinze igitego.
Numvaga muri uriya mwanya ko Cristiano yakoze ku mupira. Namuhaye (…)
Rutahizamu Bruno Fernandes yishimiye guha Cristiano Ronaldo igitego cye mumukino Portugal yatsinzemo Uruguay ikabona umwanya muri 1/16.
Ronaldo yishimye cyane nk’uwatsinze iki gitego ariko abayobozi bemeje ko atigeze akora ku mupira yari ahawe n’uwahoze ari mugenzi we muri Manchester United.
Fernandes washimangiye intsinzi kuri penaliti yo mu minota ya nyuma,yagize ati: "Ntabwo ntekereza ko ari ngombwa uwatsinze igitego.
Numvaga muri uriya mwanya ko Cristiano yakoze ku mupira. Namuhaye umupira.Nishimye nkaho ari igitego cya Cristiano.
Ariko icy’ingenzi ni uko twahoboye kujya mu cyiciro gikurikira tubonye intsinzi ku ikipe ikomeye."
Umutoza wa Portugal Fernando Santos yatinze gusubiza ikibazo cyerekeye uwatsinze igitego cya mbere cya Portugal.
Yagize ati "Wari umukino ukomeye, ikipe yacu yakinnye neza cyane.
“Ibisigaye kuri njye, ntacyo bivuze.
N’intsinzi ikwiye. Ikipe yakoze ibyo ishoboye. Twageze mu cyiciro gikurikira. ”
Uruguay ifite inota rimwe irasabwa gutsinda Ghana ku munsi wa nyuma ikabona itike.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *