Rutahizamu Vlahovic yashinjwe gusambanya umugore wa mugenzi we bakinana
Yanditswe: Thursday 01, Dec 2022
Rutahizamu Dusan Vlahovic yamaganye ibivugwa ko mu ikipe yabo y’igihugu harimo umwuka mubi kubera ko yasambanyije umugore w’umukinnyi bakinana.
Richard Wilson, umunyamakuru w’Umwongereza,yavuze ko uyu rutahizamu wa Juventus yaryamanye n’umugore wa mugenzi we, Predrag Rajkovic,ubwo bari mu myitozo y’ikipe.
Bivugwa ko ariyo mpamvu yashyizwe ku ntebe y’abasimbura akurwa mu bagomba kubanza mu kibuga.
Vlahovic yireguye ku birego mu kiganiro n’abanyamakuru aherutse gukora.
Vlahovic (…)
Rutahizamu Dusan Vlahovic yamaganye ibivugwa ko mu ikipe yabo y’igihugu harimo umwuka mubi kubera ko yasambanyije umugore w’umukinnyi bakinana.
Richard Wilson, umunyamakuru w’Umwongereza,yavuze ko uyu rutahizamu wa Juventus yaryamanye n’umugore wa mugenzi we, Predrag Rajkovic,ubwo bari mu myitozo y’ikipe.
Bivugwa ko ariyo mpamvu yashyizwe ku ntebe y’abasimbura akurwa mu bagomba kubanza mu kibuga.
Vlahovic yireguye ku birego mu kiganiro n’abanyamakuru aherutse gukora.
Vlahovic yagizeati: "Mbabajwe no kuba ntangiye ikiganiro n’abanyamakuru mu gikombe cy’isi muri ubu buryo, ariko ngomba kubivugaho kuko n’izina ryanjye riri kwangizwa.
"Ibyo twese dusoma kandi twumva, si ngombwa kuga ku bintu bidakwiriye.
Ikigaragara ni uko aba bantu bananiwe kandi nta kindi kintu cyiza bakora kuko bababaye cyangwa barakaye, ariko gukora ibinyuranye n’inyungu z’ikipe y’igihugu muri iki gihe biragaragara ko ariko kazi kabo."
Ibibazo byo gucana inyuma mu ikipe y’igihugu ya Serbia bivugwaku bakinnyi benshi.
Uyu munyamakuru yongeyeho ko Nemanja Gudelj bivugwa ko yaryamanye n’umugore wa mugenzi we Luka Jovic witwa Sofija Milosevic.
Uku guheheta ngo kwateje imirwano hagati yabo mu myitozo.
Ku wa gatanu, Serbia izaba ihanganye n’Ubusuwisi mu mukino wa gatatu wo mu itsinda G,kandi igomba gutsinda kugira ngo ijye muri 1/16.
Vlahovic yongeyeho ati: "Niteguye kurengera izina ryanjye mu buryo bwemewe n’amategeko, nibiba ngombwa. Ibivugwa ni ibinyoma kandi umwuka mu ikipe ni mwiza cyane".
"Intego yacu ubu ni umukino n’Ubusuwisi kandi birababaje cyane kuba havugwa ikindi kintu.
Uyu rutahizamu yakinnye iminota 24 na Brazil mu mukino ubanza w’itsinda hanyuma ntiyakoreshwa kuri Cameroon.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *