skol
fortebet

Rutahizamu wa Atletico Madrid yari apfiriye mu myitozo Imana ikinga ukuboko

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Wednesday 24, Mar 2021

Sponsored Ad

skol

Rutahizamu wa Atletico Madrid witwa Moussa Dembele yari apfiriye mu kibuga ubwo yikubitaga hasi ari mu myitozo agahita ata ubwenge byatumye abaganga baza gukora iyo bwabaga baramuvura aza gukira.

Uyu mukinnyi Atletico yatiye muri Lyon yarimo kwinanura imitsi mu myitozo hanyuma yikubita hasi bituma bagenzi be bahita birukanka baramutabariza atabarwa n’abaganga hakiri kare.

Amakuru avuga ko abaganga bamaze umwanya munini bavura uyu mukinnyi kugeza ubwo yagaruriye ubuyanja.

Uyu mukinnyi w’imyaka 24 yaje gukira ndetse yongera kwigenza gusa ubuzima bwe bwateye impungenge bagenzi be barimio guhamagara cyane imbangukiragutabara.

Ibyabaye kuri uyu mukinnyi byari bimeze nk’ibya Fabrice Muamba wakiniraga Bolton waguye mu kibuga kubera umutima muri 2012 birangira asezeye kongera gukina umupira w’amaguru.

Icyo gihe hari mu mukino yakinaga na Tottenham muri ¼ cya FA Cup aho byasabye ko n’abaganga bakoresha amashanyarazi mu gushitura umutima we ngo akanguke.

Dembele yaje muri Atletico Madrid avuye muri Lyon ku ntizanyo ndetse yifuzaga gukomeza gukina muri Atletico Madrid igihe yaba yitwaye neza ariko ntabwo yafashije iyi kipe ku buryo yamugura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa