skol

Rutahizamu wa PSG yakoreye ibiruhuko mu gihugu cya Tanzania

Yanditswe: Sunday 06, Jun 2021

Rutahizamu wa PSG, Mauro Icardi n’umugore we Wanda Nara bari mu biruhuko mu gihugu cya Tanzania aho basuye pariki izwi cyane ya Serengeti.
Nyuma yo kurangiza umwaka w’imikino,abakinnyi batandukanye batahamagawe mu makipe y’ibihugu bahise bajya mu biruhuko mu bice bitandukanye aho uyu Icardi yiyiziye muri Tanzania.
Icardi utaragize ibihe byiza muri uyu mwaka w’imikino ushize ndetse n’ikipe ye PSG ikananirwa kwegukana igikombe cya Ligue 1,yahisemo gusura Tanzania.
Uyu musore w’imyaka 28 (…)

Rutahizamu wa PSG, Mauro Icardi n’umugore we Wanda Nara bari mu biruhuko mu gihugu cya Tanzania aho basuye pariki izwi cyane ya Serengeti.

Nyuma yo kurangiza umwaka w’imikino,abakinnyi batandukanye batahamagawe mu makipe y’ibihugu bahise bajya mu biruhuko mu bice bitandukanye aho uyu Icardi yiyiziye muri Tanzania.

Icardi utaragize ibihe byiza muri uyu mwaka w’imikino ushize ndetse n’ikipe ye PSG ikananirwa kwegukana igikombe cya Ligue 1,yahisemo gusura Tanzania.

Uyu musore w’imyaka 28 n’umugore we Wanda w’imyaka 34bashyize ku mbuga nkoranyambaga zabo amafoto bari muri Serengeti.

Abatembereye muri Serengeti bakarara ari umuhungu n’umukobwa bishyuzwa amadolari $4000 ku ijoro rimwe gusa iki s’ikibazo kuri ibi byamamare kuko umugabo PSG imuhemba asaga ibihumbi 160 by’amapawundi ku cyumweru.

Mauro yashyingiranwe na Wanda muri 2014 nyuma yo gufatwa basambana mu ibanga,uyu mugore aca inyuma umugabo we Maxi Lopez nawe uzwi mu mupira w’amaguru.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa