skol
fortebet

Rwanda Premier League izatanga ibikombe bibiri bya Shampiyona uyu mwaka

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Saturday 09, May 2026

Rwanda Premier League izatanga ibikombe bibiri bya Shampiyona uyu mwaka

Sponsored Ad

skol

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo, Rwanda Premier League, ruteganya kuzatanga ibikombe bibiri birimo ikizahabwa ikipe yo mu Rwanda yitwaye neza muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.

Iyi Shampiyona iheruka guhinduka “BK Pro League” nyuma yo gusinyana amasezerano y’imyaka itanu n’igice na Banki ya Kigali, igeze mu mikino ine ya nyuma.

Kuri ubu impaka zongeye kuba zose mu banyamupira, aho bamwe bagaragaza ko bidakwiye ko hari Igikombe cya Shampiyona cyahabwa ikipe yo mu Rwanda kandi atari yo yabaye iya mbere.

Ni nyuma y’uko Shampiyona y’uyu mwaka w’imikino ya 2025/26, irimo amakipe ya Al-Hilal SC na Al-Merrikh yo muri Sudani, yombi yasabye gukinira mu Rwanda kubera ko iwabo nta shampiyona yari ihari.

Nubwo aya makipe yitabiriye ndetse kuri ubu akaba ari yo ayoboye BK Pro League, aho Al-Hilal SC ari iya mbere ikurikiwe na Al-Merrikh, APR FC ikaba ikipe ya mbere y’imbere mu gihugu iza hafi ku mwanya wa gatatu, mu kugena amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa Nyafurika hazarebwa ahasanzwe.

Ni mu gihe kandi Al-Hilal SC na Al-Merrikh SC ziteganya kohereza abakinnyi bazo bakomeye muri Sudani, bakajya gukina imikino isoza Shampiyona yaho yatangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka, aho imikino y’amatsinda yakinwe n’amakipe ya kabiri.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, yashimangiye ko nta mpinduka zigeze zibaho, bityo bateganya gutanga ibikombe bibiri uyu mwaka.

Ati “Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu Ukwakira, ndumva Chairman [wa Rwanda Premier League] yarabisobanuye. Hagize igihinduka twababwira ariko ni kuriya bimeze. Hazatangwa igikombe cya ‘Champions d’Honneur’ n’icy’uwatwaye Shampiyona nyir’izina.”

Mu Ukwakira, Chairman w’Inama y’Ubuyobozi ya Rwanda Premier League, Mudaheranwa Hadji Youssuf, yavuze ko uretse gukina gusa, nta kindi kidasanzwe amakipe yo muri Sudani azahabwa nk’ibihembo.

Ati “Nabakuriye inzira ku murima. Icyo bagomba gukora ni amarushanwa gusa, ariko nibigera kuri ariya mafaranga, ikipe z’u Rwanda twazipangiye amafaranga ari 16, ntabwo dushobora kubihindura.”

Aya makipe yombi yo muri Sudani ntiyigeze yitabira Igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, aho ikipe izacyegukana ari yo izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup. Gusa iyo kipe niba APR FC ishobora no gutwara Shampiyona, iryo rushanwa rizakinwa n’ikipe ya kabiri muri BK Pro League.

APR FC ishobora kwegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya karindwi yikurikiranya mu gihe Rayon Sports yananirwa gutsinda Marine FC kuri uyu wa Gatandatu naho yo ikazatsinda AS Kigali izakira ku Cyumweru.

Mu mwaka ushize w’imikino, wa 2024/25, Al-Hilal na Al-Merrikh zombi zakinnye muri Shampiyona ya Mauritania ndetse birangira Al-Hilal ari yo ibaye iya mbere, aho yahawe igihembo mu mwanya w’igikombe. Ni mu gihe FC Nouadhibou yo muri cyo gihugu, na yo yahawe igikombe nubwo yabaye iya kabiri.

Icyo gihe, na bwo amakipe yombi yasubiye muri Sudani gukina irushanwa ryahuje amakipe umunani ya mbere kugira ngo hamenyekane yahagarariye icyo gihugu mu mikino Nyafurika ya 2025/26.

Umutoza wa Al-Hilal SC, Laurentiu Reghecampf, aheruka kuvuga ko intego bafite ari ukwegukana Shampiyona y’u Rwanda bakanatwara iya Sudani, aho imikino ya kamarampaka muri icyo gihugu izatangira ku wa 15 Gicurasi.

Kuri ubu Al-Hilal SC ifite amanota 67 ku mwanya wa mbere muri BK Pro League, ikurikiwe na Al-Merrikh n’amanota 58 aho zombi zifitanye umukino mu minsi iri imbere. APR ni iya gatatu n’amanota 56 mu gihe Rayon Sports ari iya kane n’amanota 48 mu mikino 30 zimaze gukina.

Shampiyona y’u Rwanda isanzwe ifite amategeko ayigenga arimo gukinisha umubare w’abanyamahanga batarenga umunani ku mukino, kandi iryo itegeko ntirireba amakipe yo muri Sudani.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa