skol
fortebet

Rwatubyaye yaba yasabye kuva mu ikipe ya Rayon Sports

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Friday 13, Oct 2023

Rwatubyaye yaba yasabye kuva mu ikipe ya Rayon Sports

Sponsored Ad

skol

Amakuru aravuga ko myugariro Rwatubwaye Abdul yamenyesheje Rayon Sports ko muri Mutarama 2024 yifuza kuyivamo akajya ahandi.

Ibi uyu yabisabye nyuma yo kuyigarukamo afite imvune bikanamugora kugaruka ku rwego rwiza yari ariho ubwo yayivagamo yerekeza muri Amerika.

Abakunzi ba Rayon Sports benshi ntibari bishimiye Rwatubyaye kuko bamushinja kuba atakiri ku rwego rwo hejuru nkuko kera byari bimeze.

Rwatubyaye Abdul yagarutse muri Rayon Sports,tariki ya 9 Kanama 2022,ayisinyira amasezerano y’imyaka 2.

Uyu mukinnyi ukina mu mutima w’ubwugarizi yasinyiye iyi kipe nyuma yo gusoza amasezerano mu ikipe ya FC Shkupi muri Macedonia ariko ntiyongererwe andi bitewe n’uko yari amaze igihe afite ikibazo cy’imvune.

Abdul Rwatubyaye yakiniye Rayon Sports imyaka 3 kuva 2016-2019 ari nabwo yavaga mu Rwanda yerekeza mu ikipe ya Kansas City ikaza kumutiza muri Swope Park Rangers, nyuma yagiye muri Colorado Rapids na yo imutiza muri Colorado Switchbacks, yayivuyemo yerekeza muri FC Shkupi yakiniraga, yari amaze amezi 6 afite ikibazo cy’imvune y’agatsintsino.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa