skol
fortebet

Sadio Mane yahombeje akayabo ikipe ya Liverpool yahozemo

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Wednesday 02, Aug 2023

Sadio Mane yahombeje akayabo ikipe ya Liverpool yahozemo

Sponsored Ad

skol

Rutahizamu Sadio Mane yerekeje mu ikipe ya Al Nassr yo muri Saudi Arabia avuye muri Bayern Munich yari amazemo umwaka umwe byatumye Liverpool yakoreyemo amateka ihomba miliyoni zisaga 7 z’amapawundi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 01 Kanama nibwo ikipe ya Al Nassr yatangaje ko yasinyishije Sadio Mane kugira ngo aze gufatanya n’abarimo Cristiano Ronaldo kuyihesha ibikombe.
Mane w’imyaka 31 yavuye muri Bayern Munich yari amazemo umwaka umwe gusa utaragenze neza kuko iyi kipe yamuburiye (…)

Rutahizamu Sadio Mane yerekeje mu ikipe ya Al Nassr yo muri Saudi Arabia avuye muri Bayern Munich yari amazemo umwaka umwe byatumye Liverpool yakoreyemo amateka ihomba miliyoni zisaga 7 z’amapawundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 01 Kanama nibwo ikipe ya Al Nassr yatangaje ko yasinyishije Sadio Mane kugira ngo aze gufatanya n’abarimo Cristiano Ronaldo kuyihesha ibikombe.

Mane w’imyaka 31 yavuye muri Bayern Munich yari amazemo umwaka umwe gusa utaragenze neza kuko iyi kipe yamuburiye umwanya.

Ikinyamakuru Dailymail kivuga ko iyi Bayern Munich yishyuye Liverpool uyu mukinnyi yahozemo miliyoni 27.5 z’amapawundi ariko ntiyishyura miliyoni 7.5 z’amapawundi yari kongeraho uyu mukinnyi yitwaye neza.

Mane ntabwo yahiriwe mu Budage kuko mu mwaka wose yatsinze ibitego 7 gusa,ariyo mpamvu yahisemo kwigira muri Saudi Arabia aho agiye kuzajya ahembwa akayabo k’ibihumbi 650 by’amapawundi ku cyumweru.

Ubu abahembwa menshi muri iki gihugu ni Cristiano Ronaldo,Karim Benzema na Jordan Henderson.

Mane ntiyishimiwe n’umutoza Thomas Tuchel wamurekuye agahitamo gushaka abandi bakinnyi barimo na Harry Kane uri kubabiza icyuya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa