skol

Samuel Eto’o yibasiye bikomeye Thierry Henry bahuriye muri FC Barcelona

Yanditswe: Saturday 29, Oct 2022

featured-image

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru,Samuel Eto’o yatangaje ko yari ku rwego rwo hejuru kurusha uwahoze ari mugenzi we muri FC Barcelona, ​​Thierry Henry.
Uyu wahoze ari rutahizamu wa Cameroun yakinanye na Henry imyaka ibiri muri Barca, ariko avuga ko uyu Mufaransa atari ku ’rwego rwanjye’.
Yakomeje avuga ko Henry watsinze ibitego byinshi mu Bufaransa na Arsenal,nubwo azwi cyane nk’umwe muri ba rutahizamu bakomeye mu bihe byose,atari mwiza nka mugenzi we Nicolas Anelka.
Aya magambo ya Eto’o (…)

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru,Samuel Eto’o yatangaje ko yari ku rwego rwo hejuru kurusha uwahoze ari mugenzi we muri FC Barcelona, ​​Thierry Henry.

Uyu wahoze ari rutahizamu wa Cameroun yakinanye na Henry imyaka ibiri muri Barca, ariko avuga ko uyu Mufaransa atari ku ’rwego rwanjye’.

Yakomeje avuga ko Henry watsinze ibitego byinshi mu Bufaransa na Arsenal,nubwo azwi cyane nk’umwe muri ba rutahizamu bakomeye mu bihe byose,atari mwiza nka mugenzi we Nicolas Anelka.

Aya magambo ya Eto’o kuri Henry yaciye ibintu nyuma y’amashusho yasohotse ashyizwe hanze na Footballogue gusa uyu wahoze ari rutahizamu w’Umufaransa ntiyasubije ibyo uyu mugabo w’imyaka 41 avuga.

Samuel Eto’o yagize ati: ’Ntekereza ko Thierry Henry atari ku rwego rwa Anelka.

Titi yari mwiza, ariko nari nzi abakinnyi. Nahitamo abandi bakinnyi. Ibyo ari byo byose, ntabwo yari ku rwego rwanjye. Amahirwe cyangwa amahirwe mabi nagize, nuko ntakiniye Ubufaransa.

’Abakinnye mu Bufaransa bari bafite amahirwe yisumbuyeho 70 ku ijana. Ntabwo ari ukubera ko bari bakomeye, ahubwo ni uko Ubufaransa bubagurisha neza.

Eto’o na Henry bakinanye mu myaka y’imikino ibiri batozwa na Pep Guardiola muri imwe mu ikipe ya FC Barcelona yakomeye mu mateka,yatwaye ibikombe 3 muri 2008-09.

Byongeye kandi, aba bombi binjije ibitego 11 mu mikino 57 bakiniye iyi kipe, nubwo bombi bari abasimbura ba Lionel Messi wari ukiri muto ariko ameze neza cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa