Umukinnyi NIYONZIMA Olivier uzwi nka Seif na Mugunga Yves batari kumwe n’abandi bakinnyi bakinana,bishyuwe uyu munsi berekeza mu mwiherero wo kwitegura gukina na APR FC.
Amakuru dukesha B&B FM Umwezi yavugaga ko babarimo amezi 3 bakaba batahembwe kuri uyu wa gatanu, ubwo abandi bahembwaga ukwezi kwa 9.
Umwe muri aba bakinnyi aganira niki kinyamakuru,yagize ati“ Ikipe yemeye kwishyura ukwezi kumwe nyuma y’umukino, ubwo ibindi bibazo bizakemuka nyuma.”
Aba basore bemeye gusanga abandi mu mwiherero, Umutoza nabagirira icyizere barakina.
Umwe mu bayobozi ba Kiyovu Sports avuga ko aba bakinnyi bubarimo amezi 2, atari 3.
Uhagarariye aba bakinnyi yari yavuze ko banditse basaba guseza amasezerano kuko bumva ari ukubabohotera.
Kiyovu Sports irakira APR FC mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona.Uyu mukino urabona saa 18H00 kuri Kigali Pele Stadium.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *