skol

Sergio Ramos arashinjwa gushishikariza abakinnyi ba Real Madrid kwigomeka

Yanditswe: Thursday 03, Jun 2021

Myugariro wa Real Madrid,Sergio Ramos arashinjwa gushishikariza abakinnyi bagenzi kwanga kugabanya umushahara kugira ngo iyi kipe yabo igure Kylian Mbappe.

Uyu myugariro utarongera amasezerano muri Real Madrid ngo yasabye abakinnyi bagenzi be kwanga kugabanya umushahara wabo kugira ngo haboneke amafaranga yo kugura Mbappe.

Umunyamakuru witwa José Ramón de la Morena,ukora ikiganiro cya siporo gikomeye cyitwa El Transistor,yamwemereye ko Sergio Ramos yakoze iki gikorwa cyo kunaniza ubuyobozi bwa Real Madrid.

Ibi bibaye nyuma y’aho Real Madrid isabye abakinnyi kugabanya umushahara kugira ngo irebe ko yakwikura mu bibazo yatewe na Covid-19.

Amakuru avuga ko Ramos ari mu bakinnyi basabwe kugabanya umushahara muri Gashyantare uyu mwaka kugira ngo haboneke amafaranga yo kwishyura Gareth Bale.

Diario AS,yo ivuga ko Ramos ngo yemeye kugabanya umushahara kugira ngo iyi kipe amaze imyaka myinshi akinira idahungabanywa na Covid-19 cyane ko na Perezida wayo Perez yemeje ko bafite ubukene.

Nubwo Madrid ishaka ko Ramos agabanya umushahara ariko uyu myugariro ashobora kuba agiye kwigendera kuko amasezerano ye yarangiye.

Ramos yaganiriye n’ubuyobozi ariko yanze kongera amasezerano ariyo mpamvu bivugwa ko ashobora kwerekeza muri Manchester City cyangwa Paris Saint-Germain.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa