skol

Sergio Ramos yahishuye amakipe abiri meza kurusha ayandi i Burayi ubu

Yanditswe: Friday 27, Oct 2023

featured-image

Myugariro Sergio Ramos yirengagije ikipe ya Manchester City,mu makipe abiri meza muri Champions League.

Nanone Bayern Munich ya Harry Kane nayo ntiyayishyizemo.

Ramos w’imyaka 37, azi byinshi ku bijyanye nicyo bisaba kugira ngo utware Champions League.

Yatwaye iki gikombe gikomeye inshuro enye mu gihe yari muri Real Madrid.

Ubu yagarutse muri Sevilla nyuma y’imyaka ibiri yari amaze muri Paris Saint-Germain.

Uyu myugariro w’umunya Espagne ahanganye na Arsenal, PSV na Lens mu itsinda B rya Champions League.

Yavuze ko ikipe ya Mikel Arteta ari imwe mu makipe abiri akomeye mu Burayi kuri ubu.

Ku mugoroba wo ku wa kabiri, Arsenal yatsinze Sevilla ibitego 2-1 muri Espagne, bitewe n’imyitwarire myiza yaibifashijwemo na Gabriel Jesus.

Ubu Ramos yemera ko iyi kipe yo mu mujyi wa London, mu majyaruguru,iri ku rwego rwiza kimwe n’ikipe yahozemo ya Real Madrid,banganyije igitego 1-1 mu mukino wa shampiyona uheruka ku wa gatandatu.

Yagize ati: "Twagize amahirwe yo kubababaza, tuzi ko Arsenal ari ikipe iba ishaka gukina umupira, isiga umwanya cyane ku buryo wabyungukiramo itakaje umupira,rimwe na rimwe twabonye amahirwe, ​​ariko ntitwabyitwayemo neza bihagije

Ndatekereza ko amaherezo, twahanganye bishoboka na Real Madrid na Arsenal.

Nibyo koko biragoye kutabona itandukaniro mbere yuko dukina n’amakipe, kuri njye, ari gukina neza cyane i Burayi kuri ubu."

Sevilla ya Ramos niyo yatwaye Europa League iheruka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa