Sergio Ramos yakoze igikorwa kigaragaza ko adakunda Thibaut Courtois
Yanditswe: Monday 05, Nov 2018
Kapiteni w’ikipe ya Real Madrid yatunguye benshi kubera gukanda like ku butumwa bwo kuri Instagram bunenga umunyezamu Thibaut Courtois utari kwitwara neza muri Real Madrid.
Thibaut Courtois uri kwinjizwa ibitego ubutitsa,yanenzwe na bamwe mu bafana ba Real Madrid babinyujije kuri Instagram ndetse ubu butumwa Ramos yagaragaje ko abwishimiye,akanda Like kuri bwo.
Ubu butumwa bwagiraga buti “Ibi birakabije.Ibi ni ibiki.Ese uzi umwenda w’ikipe wambaye?.Ni ukubera iki Courtois ari umunyezamu wa Real Madrid.Ese azi neza ko ari umunyezamu?.
Benshi bibajije impamvu uyu kapiteni wa Real Madrid yishimiye ubu butumwa bunega mugenzi we bakinana ndetse benshi bemeza ko atishimiye kuza k’uyu munyezamu wasimbuye Keylor Navas benshi mu bakinnyi ba Real Madrid bibonagamo.
Ramos ari kotsa igitutu abakinnyi bagenzi be kugira ngo barwane intambara ikomeye bongere gusubira mu bihe byo gutsinda,cyane ko bamaze iminsi bitwara nabi.
Real Madrid iri gushaka umutoza mushya wo gusimbura Julen Lopetegui wirukanwe aho bivugwa ko Mauricio Pochettino afite amahirwe menshi.
Ramos yishimiye ubutumwa buserereza Courtois

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *