Sergio Ramos yihanije abakunzi ba ruhago babibasiriye ubwo bari bamerewe nabi muri shampiyona
Yanditswe: Wednesday 02, May 2018
Kapiteni w’ikipe ya Real Madrid yatangaje ko we na bagenzi be bakinana batitaye ku magambo mabi ya bamwe mu bakunzi ba ruhago bababwiye amagambo mabi ubwo batsindwaga umusubirizo muri shampiyona aho yavuze ko ibikorwa byabo byacecekesheje ababatutse.
Ramos yabitangarije abanyamakuru nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League,ndetse yemeza ko kwitwara neza muri Champions league bibari mu maraso.
Yagize ati “Real Madrid ikwiriye kuba iri I Kiev.Amaraso yacu yadutegetse kurwana kugeza ku munota wa nyuma none turishimye, tugiye kugerageza gutsinda umukino wa nyuma.Abafana baravuga ndetse iminwa yabo ihora ibumbuye,ariko twe tuvugira mu kibuga.”
Ramos yavuze ko yishimiye umurava wa Real Madrid ndetse yemeza ko bitanze cyane kugira ngo babashe kugera ku mukino wa nyuma.
Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen ku giteranyo cy’ibitego 4-3 mu mikino yombi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *