SKOL yahembye abakinnyi ba Rayon Sports bitwaye neza muri Nzeri 2025 [AMAFOTO]
Yanditswe: Thursday 16, Oct 2025
Uruganda rwa SKOL Brewery Ltd rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwahembye abakinnyi bahize abandi muri Nzeri 2025 muri Rayon Sports y’Abagabo n’Abagore.
Uruganda rwa SKOL Brewery Ltd rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwahembye abakinnyi bahize abandi muri Nzeri 2025 muri Rayon Sports y’Abagabo n’Abagore.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Ukwakira 2025, aho Tambwe Gloire Ngongo yahize abandi mu bagabo, akegukana igikombe. Mu mikino ine Rayon Sports yakinnye, uyu mukinnyi yatsinzemo ibitego bibiri, atanga n’imipira ibiri yavuyemo ibindi.
Ni mu gihe mu bagore, Gikundiro Scholastique yahize abandi aho mu mikino ine yakinnye yatsinze igitego kimwe anatanga umupira umwe wavuyemo ikindi by’umwihariko muri CECAFA Womens Champions League.
Mu mpera z’icyumweru, aya makipe azaba ari mu kibuga, aho Rayon Sports izakira Rutsiro FC ku wa Gatandatu saa 18:00 kuri Kigali Pelé Stadium. Ni mu gihe Rayon Sports y’Abagore izakina na Inyemera WFC.
SKOL imaze imyaka 10 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports no kuva iy’abagore yashingwa mu 2022.
Uruganda rwa Skol kugeza ubu rufite ku isoko ibinyobwa nka Skol Malt, Skol Lager, Skol Gatanu, Virunga Silver, Virunga Mist, Virunga Gold, Virunga Water na Panache Lemon.
Tambwe Gloire Ngongo niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’ukwezi kwa Nzeri muri Rayon Sports y’Abagabo
Ni igihembo yari ahataniye na bagenzi be, Asman Ndukumana na Emmanuel Nshimiyimana
Gikundiro Scholastique ni we wahembwe na SKOL nk’umukinnyi mwiza w’ukwezi muri Rayon Sports y’Abagore
Yahigitse bagenzi be babiri, Angeline Ndakimana na Angelique Umuhoza
Ubwo yashyikirizwaga igihembo cye

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *