Stormy Daniels wasambanye na Trump yatangaje iminota bamaze batera akabariro
Yanditswe: Wednesday 29, Aug 2018
Umukinnyi wa filimi z’urukozasoni Stormy Daniels wabaye icyamamare kubera gutangaza ko yaryamanye na perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump,yabwiye ikinyamakuru Vogue ko bamaze iminota 2 gusa basambana.
Uyu mugore w’imyaka 39 uherutse guca agahigo ko kuba umukinnyi wa filimi z’urukozasoni warebwe cyane kurusha abandi ku isi nyuma yo gutangaza ukuntu yasambanye na Donald Trump mu mwaka wa 2006,yabwiye umunyamakuru wa Vogue ko bateye akabariro iminota ibiri yonyine.
Stormy Daniels yatangaje ko we na Trump basambanye iminota 2 gusa
Yagize ati “ Ni imibonano mpuzabitsina isanzwe ntabwo twamaze umwanya munini tuyikora.yamaze iminota 2 yonyine."
Daniels yabwiye umunyamakuru ko yari afite amatsiko menshi yo guhura n’umuherwe Donald Trump ariyo mpamvu yatumye amusanga kuri hoteli nyuma y’irushanwa ryo gufasha abababaye Trump yari yateguye.
Stormy Daniels yavuze ko Trump yari ashaka gukora imibonano mpuzabitsina kuko yamukuyemo imyenda vuba vuba.
Stormy Daniels yavuze ko iminsi 11 mbere y’uko Trump atorwa mu mwaka wa 2016,uwahoze umuhagarariye mu mategeko uherutse kumutamaza witwa Michael Cohen yamuhaye akayabo k’ibihumbi 100 by’idorali kugira ngo aruce arumire.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *