skol

Taddeo Lwanga ashobora gusinyira APR FC nk’umunyamahanga wambere nyuma y’imyaka 11

Yanditswe: Tuesday 04, Jul 2023

featured-image

Umunya-Uganda Taddeo Lwanga ukina hagati mu kibuga, yageze i Kigali kurangizanya na APR FC ngo azayikinira mu mwaka w’imikino utaha wa 2023/24.

APR FC yamaze gufata icyemezo cyo gusubira kuri politiki yo gukinisha abanyamahanga nyuma y’imyaka 11 ikinisha Abanyarwanda gusa.

Rado FINE FM yatangaje ko umunyamahanga wa mbere ugiye gusinyira iyi Kipe y’Ingabo ari Umunya-Uganda Taddeo Lwanga wageze i Kigali kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Nyakanga 2023.

Lwanga yahawe ubutumire ku wa 2 Nyakanga kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima mbere yo gushyira umukino ku masezerano muri APR FC.

Uyu mukinnyi w’imyaka 29, usanzwe uhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Uganda, yakiniraga Arta/Solar7 yo muri Djibouti.

Mu yandi makipe yakiniye harimo Express FC, Vipers SC na Villa SC muri Uganda, Tanta SC mu Misiri na Simba SC muri Tanzania.

APR FC yatwaye Igikombe cya Shampiyona ya 2022/23, izakina CAF Champions League ya 2023/24.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa