skol

Ten Hag yibasiye bikomeye abakinnyi be nyuma yo kunyagirwa

Yanditswe: Monday 11, Dec 2023

featured-image

Umutoza Erik Ten Hag yanenze abakinnyi ba Manchester United ko "atari beza bihagije" nyuma yo gutsindwa na Bournemouth.

Amashitani atukura yatsinzwe ibitego 3-0 kuri Old Trafford na Cherries bituma ibyiringiro byabo byayo byo kuza mu makipe ane ya mbere bikomwa mu nkokora, ndetse byongera igitutu kuri uyu mutoza Ten Hag.

Bournemouth yatangiye neza umukino ubwo Dominic Solanke yatsindaga igitego Andre Onana hakiri kare.

Bournemouth yakomeje kwitwara neza,igice cya kabiri kigitangira itsinda igitego cya kabiri cya Philip Billing wari umaze gusimbura.

Marcos Senesi yarangije United ku munota wa 73, ariko, byari kuba bibi cyane kuri United kuko Dango Ouattara yatsinze ikindi gitego gikurwaho na VAR.

N’umukino wa 11 United yatsinzwe muri uyu mwaka w’imikino ,aho abafana ba Bournemouth baririmbiye Ten Hag ngo ’Urirukanwa mu gitondo’.

Nyuma yumukino, umutoza yanenze imikinire y’abakinnyi be.

Yagize ati: "Ugomba kuba mwiza muri buri mukino, uhereye ku kuwuha agaciro.

Iyo utangiye nkuko twabikoze, uricwa. Abo twari duhanganye bari beza ariko dukwiye gukora neza.

"Nk’ikipe, ntabwo turi beza bihagije kugirango duhozeho.

Turabizi ko dushobora kubikora, twarabigaragaje mu cyumweru. Dufite kubisiga inyuma ariko tugomba kubiganiraho."

Ikipe ya Man United ikomeje gutangaza benshi kubera uko ihindagurika cyane ndetse igihe ihabwa amahirwe igatsindwa mu buryo bugayitse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa