skol

Thierry Henry yahishuye umukinnyi mwiza cyane hagati ya Haaland na Mbappé

Yanditswe: Thursday 08, Sep 2022

featured-image

Nyuma y’ihangana rya Ronaldo-Messi,ubu hadutse irya Erling Haaland na Kylian Mbappé bakiri bato ariko ntibasiba gutsinda ibitego
Aba ba rutahizamu bombi barimo gufasha amakipe yabo ariyo Manchester City na PSG.
Thierry Henry wabaye kizigenza muri Arsenal no ku isi yose yagaragaje intege nke kuri umwe muri bo,nyuma y’umunsi wa mbere wa Champions League.
Ku bwa Thierry Henry, Mbappé niwe mwiza ugereranije na Haaland.
Yagize ati “Mbappé ashobora kurema amahirwe no gutsinda. Haaland (…)

Nyuma y’ihangana rya Ronaldo-Messi,ubu hadutse irya Erling Haaland na Kylian Mbappé bakiri bato ariko ntibasiba gutsinda ibitego

Aba ba rutahizamu bombi barimo gufasha amakipe yabo ariyo Manchester City na PSG.

Thierry Henry wabaye kizigenza muri Arsenal no ku isi yose yagaragaje intege nke kuri umwe muri bo,nyuma y’umunsi wa mbere wa Champions League.

Ku bwa Thierry Henry, Mbappé niwe mwiza ugereranije na Haaland.

Yagize ati “Mbappé ashobora kurema amahirwe no gutsinda. Haaland ntabwo arema uburyo, aratsinda gusa. Mbappé ashobora gukina iburyo n’ibumoso. Ashobora gukina no mu busatirizi.

Haaland ashobora gukina mu busatirizi gusa. N’umukinnyi mwiza kandi kubera we bashobora gutwara igikombe cya Champions League. Kugeza ubu, Mbappé aracyafite amajwi yanjye. “

Uyu mugabo watsinze ibitego byinshi mu mateka y’ikipe y’Ubufaransa, yahisemo Mbappe wakunze kugereranywa kuva yatangira umwuga we na Henry muto wa Monaco na Arsenal.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa