skol

Thomas Tuchel agiye guhabwa miliyoni 150 z’amapawundi kugira ngo agure ba rutahizamu 2 bakomeye

Yanditswe: Friday 14, May 2021

Umutoza wa Chelsea,Thomas Tuchel,umaze gukora ibikorwa bikomeye muri iyi kipe mu gihe gito ayimazemo,yemerewe akayabo ka miliyoni 150 z’amapawundi kugira ngo agure ba rutahizamu 2 bakomeye ku isi barimo Erling Haaland na Romelu Lukaku.

Abayobozi ba Chelsea banyuzwe n’akazi uyu mutoza w’Umudage yakoze mu gihe gito amaze atoza Chelsea cyane ko yahawe akazi mu mpera z’ukwezi kwa mbere.

Tuchel w’imyaka 47, yafashije ikipe ya Chelsea kugera ku mukino wa nyuma wa FA Cup na Champions League ndetse iyi kipe iratanga icyizere cyo kwitwara neza.

Nk’ibisanzwe,Chelsea ifite gahunda yo gushora amafaranga ahagije ku isoko ishaka rutahizamu cyane ko aricyo gice ikennye.

Iyi kipe irashaka kurekura ba rutahizamu bayo badatanga icyizere nka Tammy Abraham w’imyaka 24 na Olivier Giroud w’imyaka 34.

Iyi kipe ya Chelsea,yatangiye kwegera Erling Haaland ukinira Borussia Dortmund ndetse ku nshuro ya kabiri irashaka kugarura uwari rutahizamu wayo Romelu Lukaku ukinira Inter Milan.

Kai Havertz wari ufitiwe icyizere cyo kuzamura ibitego bya Chelsea,yagize ikibazo ahita arwara Covid-19 bimusubiza inyuma ariko ubu aratanga icyizere.

Uyu mudage yagize ati “Byantwaye ibyumweru 3 cyangwa 4 kugira ngo mere neza.Kuva ubwo sinahise mera neza kugeza amezi 2 arangiye.Ni indwara mbi cyane.Sinahumurirwaga,sinaryoherwaga.Nirirwaga ndyamye nkumva ndababara umugongo.Nizere ko bitazongera kumbaho.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa