skol

Toni Kroos yifatiye ku gahanga Arabie Saoudite idaha agaciro Cristiano

Yanditswe: Monday 09, Feb 2026

featured-image

Tony Kroos wakinanye na Cristiano Ronaldo muri Real Madrid, yagaragaje ko Arabie Saoudite iri gutesha agaciro Cristiano Ronaldo nyamara ari we utuma ruhago yaho ikurikirwa cyane.

Cristiano Ronaldo ari kugaragaza ko atishimiye kuba muri Al Nassr yo muri Arabie Saoudite, aho yerekana ko shampiyona yaho ya Saudi Pro League irimo amakipe amwe atoneshwa kurenza andi.

Kuba ibyo avuga ntacyo biri guhindura, bituma benshi bagaragaza ko ari ukumutesha agaciro nyamara yarashyize itafari rinini ku iterambere ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu.

Ibi ni Tony Kroos yahereyeho avuga ko uyu mukinnyi aramutse atakiri muri iki gihugu umupira w’amaguru waho utakongera gukurikirwa.

Ati “Shampiyona ya Arabie Saoudite iratangaje cyane. Cristiano atarajyayo nta muntu wari uhazi ariko ubu bari kwima icyubahiro uyu mugabo watumye bamenyekana ku Isi yose.”

“Ndababwiza ukuri ko Cristiano aramutse avuyeyo ejo mu gitondo, nta n’umwe wazongera kureba iyo shampiyona.”

Cristiano w’imyaka 41 amaze gusiba imikino ibiri yikurikiranya ya Al-Nassr, kubera kutishimira uburyo Al-Nassr iyobowe n’Ikigega cy’Ishoramari cya Arabie Saoudite, Public Investment Fund (PIF).

Bivugwa ko impamvu yatumye arakara ari ukuba Karim Benzema bakinanye yaravuye muri Al-Ittihad akajya muri Al-Hilal mu ntangiriro z’icyumweru gishize, nyamara yose ari amakipe ayoborwa na PIF.

Cristiano na Toni Kroos babanye cyane muri Real Madrid ubwo bari mu ikipe nziza iyi kipe iheruka kugira hagati ya 2014 na 2018.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa