Tottenham yahaye gasopo Harry Kane wateje umwuka mubi wo kuyivamo
Yanditswe: Wednesday 19, May 2021
Ikipe ya Tottenham yahishuye ko yarakajwe bikomeye no kuba umukinnyi wayo ngenderwaho Harry Kane yayitangarije ko ashaka kuyivamo muri iyi mpeshyi aho kubanza yategereza ko shampiyona irangira.
Uyu rutahizamu umaze imyaka myinshi ahetse Tottenham,aherutse kuyitangariza ko ashaka kuyivamo akajya ahandi kubera ko nta bikombe itwara kandi ifite abakinnyi bakomeye.
Tottenham yasohoye itangazo rivuga ko buri mukinnyi wese agomba gushyira imbaraga mu gusoza shampiyona neza aho kwihutira gusezera ngo aragiye.
Ku wa mbere w’iki cyumweru,nibwo amakuru yagiye hanze ko Harry Kane yamaze kubwira Tottenham ko ashaka kuyivamo akajya ahandi muri iyi mpeshyi.
Iyi nkuru yasamiwe hejuru n’amakipe yo mu Bwongereza akomeye kurusha Tottenham arimo Manchester United,City na Chelsea.
Ikibazo Tottenham yagize nuko uyu mukinnyi yavuze ko azagenda umwaka w’imikino ugeze mu mahina cyane ko iyi kipe ishaka gukina imikino y’I Burayi.
Mu itangazo,Tottenham yagize iti “Intego yacu n’ukurangiza umwaka w’imikino dukomeye uko bishoboka kose.Nibyo buri wese akwiriye gushyiraho umutima.
Yaba abafana n’abayobozi ba Spurs bumva ko uyu mukinnyi ngenderwaho wabo yari akwiriye gutekereza gusa ku mikino 2 isigaye irimo uwa Aston Villa na Leicester aho kwita ku byo kujya mu yandi makipe.
Umutoza w’agateganyo wa Spurs,Ryan Mason,ari kwitegura gukina na Aston Villa kuri uyu mugoroba ariko Harry Kane we ari kwivuganira n’amakipe akomeye mu Bwongereza.
Harry Kane uzuzuza imyaka 28 muri Nyakanga, aracyafite amasezerano azamugeza muri 2024 muri Spurs,nyuma yo gusinya imyaka 6 muri 2018 bimuhesha amahirwe yo guhembwa umushahara kurusha abandi.
Spurs ikeneye gutsinda iyi mikino kugira ngo izakine Europa League cyane ko amahirwe yo gukina Champions League agoye.
Ikipe ya Tottenham ishaka miliyoni 150 z’amapawundi ku ikipe yose ishaka Harry Kane aho ku isonga harimo Chelsea,Manchester United,City na PSG.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *