skol

Tottenham yirukanye Jose Mourinho wari umaze amezi 17 ayitoza

Yanditswe: Monday 19, Apr 2021

Ikipe ya Tottenham yatangaje ko yirukanye uwari umutoza wayo Jose Mourinho kubera umusaruro mubi wamurangaga aho iyi kipe yatakaje amahirwe yo gusubira muri UEFA Champions League.

Mourinho w’imyaka 58 yahawe aka kazi asimbuye Mauricio Pochettino mu Ugushyingo 2019 ariko nawe ntateye kabiri ahise yirukanwa azize umusaruro mubi muri Premier League no muri Europa League.

Uyu munya Portugal yirukanwe habura iminsi mike cyane ngo arebe ko yahesha iyi kipe igikombe kuko yageze ku mukino wa nyuma igomba guhanganiraho na Manchester City.

Mu itangazo Tottenham yashyize hanze yagize iti “Uyu munsi ikipe iratangaza ko umutoza Jose Mourinho nabo bakoranaga barimo Joao Sacramento, Nuno Santos, Carlos Lalin na Giovanni Cerra bakuwe ku nshingano zabo.”

Dailymail yavuze ko Mourinho arishyurwa miliyoni 20 z’amapawundi kubera kumwirukana mbere y’uko asoza amasezerano ye.

Abatoza barimo umukuru witwa Ryan Mason na Chris Powell nibo baraza guhabwa akazi kugera muri Kamena aho Tottenham izahita ishaka umutoza mushya uri hagati ya Julian Nagelsmann,Brendan Rodgers, Massimiliano Allegri n’abandi.

Mason w’imyaka 29 wakiniye Tottenham na Hull City mbere y’uko agira ikibazo mu mutwe cyatumye ahita asezera umupira mu myaka mike ishize yamaze kugera mu myitozo.

Tottenham ikunda cyane umutoza wa RB Leipzig witwa Julian Nagelsmann ariyo mpamvu ariwe uhabwa amahirwe menshi cyane yo guhabwa akazi.

Umukino wa nyuma Mourinho yatoje Tottenham ni uwo yanganyije ibitego 2-2 na Everton kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Tottenham iri ku mwanya wa 7 aho irushwa amanota 5 n’ikipe iri ku mwanya wa 4 muri Premier League gusa mu mpera z’iki cyumweru nibwo izakina umukino wa Manchester City ishaka igikombe iheruka 2008 nabwo itwara Carling Cup.

Kwitwara nabi kwa Mourinho kwagaragariye buri wese kuko amaze gutsindwa imikino 10 mu mwaka umwe w’imikino ibintu bitigeze bimubaho mbere ndetse yanatakaje amanota 20 mu mikino yagiye iyobora.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa