skol

Tottenham yahishuye akayabo izaca Man United ishaka Harry Kane

Yanditswe: Tuesday 25, Apr 2023

featured-image

Ikipe ya Tottenham yiyemeje kugora Manchester United ishaka kizigenza wayo Harry Kane mu mpeshyi nkuko ibinyamakuru by’i Burayi bibitangaza.
Ikinyamakuru The Sun cyatangaje mu kwezi gushize ko United yizeye kuzagura kizigenza Kane muri iyi mpeshyi akabafasha mu mwaka w’imikino utaha cyane ko Spurs ishobora kutarangiza mu makipe ane ya mbere.
Nyuma y’aho iyi kipe yo mu majyaruguru ya London itsinzwe ibitego 6-1 Newcastle,icyizere cyo kwerekeza muri Champions League cyaragabanutse ndetse (…)

Ikipe ya Tottenham yiyemeje kugora Manchester United ishaka kizigenza wayo Harry Kane mu mpeshyi nkuko ibinyamakuru by’i Burayi bibitangaza.

Ikinyamakuru The Sun cyatangaje mu kwezi gushize ko United yizeye kuzagura kizigenza Kane muri iyi mpeshyi akabafasha mu mwaka w’imikino utaha cyane ko Spurs ishobora kutarangiza mu makipe ane ya mbere.

Nyuma y’aho iyi kipe yo mu majyaruguru ya London itsinzwe ibitego 6-1 Newcastle,icyizere cyo kwerekeza muri Champions League cyaragabanutse ndetse bituma umutoza w’agateganyo Cristian Stellini yirukanwa.

Ikipe ya United irashaka kumwongerera umushahara ukava ku bihumbi 200,000 by’amapawundi ukagera hejuru.

Biravugwa ko uyu mugabo w’imyaka 29 nawe yifuza kwerekeza muri Man United kuko adashaka kongera amasezerano mashya.

Nkuko byatangajwe na the Telegraph,ikipe ya Spurs yiteguye gusaba miliyoni 100 z’amapawundi Man United kuri rutahizamu Kane mu mpeshyi.

Icyakora ngo ikipe yose izaturuka hanze ishaka Kane,ikipe ya Tottenham izamutanga kuri miliyoni 80 z’amapawundi.

Kane biravugwa ko ishaka kuguma muri Premier League,kugira ngo arebe ko yakuraho agahigo ka Alan Shearer k’umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mateka y’iyi shampiyona.

Shearer yasoje umwuga afite ibitego 260, mu gihe Kane ubu ari ku mwanya wa gatatu n’ibitego 207.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa