Turi gukorana neza n’umutoza kandi intsinzi twabonye iradufasha kwitera neza ku mukino wa APR FC - Tony Kitoga
Yanditswe: Tuesday 06, Jan 2026
Umunye - Congo ukina mu kibuga hagati afasha abasatira muri Rayon Sports, Tony Kitoga yatangaje bari gukorana neza n’umutoza mushya Bruno Ferry ndetse ko intsinzi bakuye kuri AS Muhanga ari urufunguzo rugiye kubafasha kwitegura neza umukino w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (Super Cup) bazahuramo na APR FC mu mpera z’iki Cyumweru.
Umwe mu bakinnyi bafite impano idasanzwe ndetse yatangiye no kwerekana ibimenyetso ko ashobora kuba ari umwe mu bakinnyi beza bakina inyuma ya rutahizamu (Nimero 10) mu Rwanda, Tony Kitoga w’imyaka 20 yabaye umukinnyi mwiza w’umukino Rayon Sports yatsinzemo AS Muhanga ibitego 2-0 ku Cyumweru tariki 04 Mutarama 2026.
Kitoga yafashije Gikundiro gutsinda igitego cya mbere ku munota wa 25 ku mupira mwiza wari uhinduwe na Ganijuru Ishimwe. Nyuma yo guhabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umukino, Tony Kitoga yagaragaje ibyishimo ndetse avuga n’ibyo baganiriye hagati nk’abakinnyi nyuma yo kunganya na Etincelles FC mu mukino wa Shampiyona wabanjirije uwa AS Muhanga.
Ati: "Ndishimye ku bw’intsinzi tubonye uyu munsi, ubushize twari twakinnye umukino utari mwiza kuri Etincelles. Twaricaye nk’abakinnyi tugirana inama none tubonye intsinzi."
Kitoga yakomeje avuga ko ubu babanye neza n’umutoza ndetse ko intsinzi babonye igiye kubafasha kwitegura neza umukino wa APR FC. Ati: "Ku bijyanye n’umutoza mushya [Bruno Ferry] tumerewe neza kandi kugeza ubu turakorana neza, nta kibazo dufitanye. Intsinzi tubonye kuri AS Muhanga iradutera imbaraga zo kwitegura neza umukino wo ku wa Gatandatu na APR FC muri Super Cup."
Uyu musore amaze gufata imitima y’abakunzi ba Rayon Sports cyane ko nyuma y’umukino yashimiwe n’abafana ndetse akanahabwa amafaranga biturutse ku kwitwara neza. Kitoga yashimiye abafana ba Rayon Sports ndetse abizera ko bagiye gushyiramo imbaraga bakitwara neza mu mukino bafitanye na APR FC.
Muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, Kitoga amaze gutsinda ibitego 3 n’imipira ibiri yabyaye ibitego. Rayon Sports iragaruka mu kibuga icakirana na APR FC kuri uyu wa Gtandatu saa 18:30 mu mukino wa Super Cup izahuramo na APR FC muri Stade Amahoro
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *