Turukia:Perezida w’Ikipe yakubitiye umusifuzi mu kibuga amuziza ibyemezo yafashe
Yanditswe: Tuesday 12, Dec 2023
Abayobozi b’umupira w’amaguru muri Turukiya bahagaritse shampiyona zose nyuma y’aho umusifuzi yakubiswe ibipfunsi na perezida w’ikipe nyuma y’umukino wa shampiyona mu cyiciro cya mbere wabaye kuri uyu wa mbere.
Umusifuzi Halil Umut Meler yakubiswe na perezida wa MKE Ankaragucu, Faruk Koca, winjiye mu kibuga yiruka nyuma y’aho ikipe ye yari itsinzwe igitego cyo ku munota wa 97 bikayiviramo kunganya igitego 1-1 na Caykur Rizespor muri Super Lig.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Turkiya [TFF] , Mehmet Buyukeksi yabwiye abanyamakuru ati: "Imikino muri shampiyona zose yasubitswe igihe kitazwi."
Yongeyeho ati: "Iki gitero ni ijoro ry’igisebo ku mupira w’amaguru wa Turukiya."
Umusifuzi Meler yakubiswe inshuro nyinshi n’abandi bantu ubwo yari aryamye hasi bimuviramo gukomereka harimo kuvunika igufwa byoroheje.
Ibyabaye byakuruye akajagari hagati y’abakinnyi n’abayobozi b’amakipe.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Turkiya, Ali Yerlikaya, yatangaje ko Koca yasabye kwivuriza mu bitaro ariko "inzira zo kumufunga zizakorwa nyuma yo kuvurwa".
Yerlikaya yongeyeho ko abandi batawe muri yombi kubera uruhare bagize muri iki gikorwa kibi, "yamaganye cyane".
Meler w’imyaka 37, n’umwe mu basifuzi bakomeye ba Turukiya kandi ayobora imikino mpuzamahanga ya Fifa. Ari no ku rutonde rw’abasifuzi bakomeye ba Uefa.
Yasabye kuvurirwa mu bitaro ndetse n’umuganga mukuru w’ibitaro yavuriwemo, Dr Mehmet Yorubulut, yagize ati: "Kugeza ubu ntabwo ashobora kubura ubuzima.Yavuye amaraso ku jisho ry’ibumoso anavunika igufwa gato.
"Turakomeza [gukurikirana] umusifuzi kugeza mu gitondo kubera ihungabana ryo mutwe yagize. Tuzamusohora mu bitaro nyuma y’ibizamini bikenewe mu gitondo."
Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan,yavuze kuri uru rugomo ati "Namaganye igitero cyagabwe ku musifuzi Halil Umut Meler nyuma y’umukino wa MKE Ankaragucu-Çaykur Rizespor wakinwe kuri uyu mugoroba, kandi ndamwifuriza gukira vuba".
"Siporo isobanura amahoro n’ubuvandimwe. Siporo ntishobora guhura n’urugomo. Ntabwo tuzigera twemera ko ihohoterwa riba muri siporo yo muri Turukiya."
Ikipe yo mu rugo MKE Ankaragucu yagaragaje ko yababajwe n’ibikorwa bya perezida wabo, igira ati: "Twababajwe n’ibyabaye kuri uyu mugoroba.
"Turasaba imbabazi abakunzi b’umupira w’amaguru muri Turukiya ndetse n’umuryango wa siporo wose ku kintu kibabaje cyabaye nyuma y’umukino na Caykur Rizespor kuri Stade Eryaman."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *