Ubudage bwatangaje abakinnyi 23 buzakoresha mu gikombe cy’isi batarimo Sane
Yanditswe: Monday 04, Jun 2018
Abakunzi b’ikipe y’Ubudage batunguwe no kuba mu rutonde rw’abakinnyi 23 umutoza Joachim Low azakoresha mu gikombe cy’isi mu Burusiya,hatarimo Leroy Sane witwaye neza mu ikipe ya Manchester City uyu mwaka,akayihesha igikombe cya shampiyona.
Uyu musore w’imyaka 22 niwe watowe nk’umukinnyi ukiri muto witwaye neza muri Premier League,ntari mu bakinnyi 23 bazakinira Ubudage mu gukombe cy’isi kizatangira ku wa 14 Kamena 2018 mu Burusiya.
Leroy Sane yatunguye benshi kuba atahamagawe
Sane yatsinze ibitego 14 ndetse atanga imipira 19 yavuyemo ibitego mu marushanwa yose yakinnye uyu mwaka,yatunguye benshi mu batuye isi kubera ko atazagaragara mu gikombe cy’isi.
Mu bakinnyi 27 bari bahamagawe mu ikipe y’agateganyo y’Ubudage,abasigaye ni Bernd Leno na Jonathan Tah bakinira Leverkusen,na rutahizamu wa Freiburg witwa Nils Petersen.
Abakinnyi 23 Ubudage bwahamagaye:
Abanyezamu: Manuel Neuer (Bayern Munich), Marc-Andre ter Stegen (Barcelona), Kevin Trapp (Paris St-Germain).
Ba myugariro: Jerome Boateng (Bayern Munich), Matthias Ginter (Borussia Monchengladbach), Jonas Hector (Cologne), Mats Hummels (Bayern Munich), Joshua Kimmich (Bayern Munich), Marvin Plattenhardt (Hertha Berlin), Antonio Rudiger (Chelsea), Niklas Sule (Bayern Munich).
Abo hagati: Julian Brandt (Bayer Leverkusen), Julian Draxler (Paris St-Germain), Leon Goretska (Schalke), Ilkay Gundogan (Manchester City), Sami Khedira (Juventus), Toni Kroos (Real Madrid), Mesut Ozil (Arsenal), Sebastian Rudy (Bayern Munich).
Ba rutahizamu: Mario Gomez (Stuttgart), Thomas Muller (Bayern Munich), Marco Reus (Borussia Dortmund), Timo Werner (RB Leipzig)
Ibitekerezo
DIE MENS CHAFT TUZONGERA TUCYISUBIZE