Uburyo Hazard yishimiyemo igikombe cya FA Cup bwatunguye benshi [AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 21, May 2018
Umukinnyi Eden Hazard wa Chelsea yagaragaye ari kunywa itabi nyuma yo kwegukana igikombe cya FA Cup batsinze ikipe ya Manchester United igitego 1-0.
Nyuma yo gutsinda igitego kimwe rukumbi cyatumye Chelsea itwara FA Cup, Hazard yahise ajya gutumagura itabi rya Cigar ari kumwe n’umukuru w’abaganga b’ikipe ya Chelsea ndetse ashyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto ari kurinywa.
Hazard yagaragaye ari kunywa itabi
Ubwo yashyiraga ifoto kuri Instagram ari kunywa itabi yanditseho amagambo agira ati “wakoze muganga”,byatumye benshi bakeka ko uyu muganga ariwe warizanye ngo barisangire.
Hazard niwe watsindiye Chelsea igitego kuri penaliti cyayihesheje FA Cup 2018
Hazard uri kuvugwaho ko ashobora gusohoka mu ikipe ya Chelsea,ari mu ikipe y’Ubbiligi igomba kwitabira imikino y’igikombe cy’isi mu Burusiya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *