skol

Ubutumwa bwa Youssef Rharb wagarutse muri Rayon Sports bari batandukanye nabi

Yanditswe: Tuesday 11, Jul 2023

featured-image

Kuri uyu 11 Nyakanga nibwo byamenyekanye ko Rayon Sports yasinyishije inagarura Youssef Rharb wahoze ayikinira nyuma bagatandukana nabi , imuha amasezerano y’umwaka.
Nyuma yo gusinyira iyi kipe, Youssef yavuze ko yishimiye kongera kugaruka muri Rayon Sports yagiriyemo ibihe byiza.
Ati "Muraho bafana ba Rayon Sports, ni Youssef Rharb. Nishimiye kugaruka mu muryango wanjye wa Rayon Sports. Turabonana vuba".
Uyu mukinnyi akaba akiri muri Maroc aho biteganyijwe ko azagera mu Rwanda mu (…)

Kuri uyu 11 Nyakanga nibwo byamenyekanye ko Rayon Sports yasinyishije inagarura Youssef Rharb wahoze ayikinira nyuma bagatandukana nabi , imuha amasezerano y’umwaka.

Nyuma yo gusinyira iyi kipe, Youssef yavuze ko yishimiye kongera kugaruka muri Rayon Sports yagiriyemo ibihe byiza.

Ati "Muraho bafana ba Rayon Sports, ni Youssef Rharb. Nishimiye kugaruka mu muryango wanjye wa Rayon Sports. Turabonana vuba".

Uyu mukinnyi akaba akiri muri Maroc aho biteganyijwe ko azagera mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha.

Youssef si ubwa mbere agiye gukinira iyi kipe yambara ubururu n’umweru kubera ko muri Nzeri 2021 yanzanye muri Rayon Sports na Ayoub Ait Lahssainne nk’intizanyo binyuze mu bufatanye bw’imyaka itanu bwasinywe hagati yayo na Raja Casablanca muri Nyakanga 2021.

Gusa ntibayitinzemo kuko ku wa Gatanu, tariki ya 14 Mutarama 2022, Rayon Sports yemeje ko yatandukanye n’aba bakinnyi bombi nyuma y’uko babwiye itangazamakuru ry’iwabo ko babayeho nk’abari muri gereza muri iyi kipe, ihitamo kubasezerera.

Youssef Rharb yasize akinnye imikino 10 muri Rayon Sports, ayitsindira ibitego bitatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa