Ubwongereza bwatangiye igikombe cy’isi buha isomo rya ruhago Irani
Yanditswe: Monday 21, Nov 2022
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza yatangiye Igikombe cy’isi 2022 iri hejuru cyane nyuma yo kunyagira Irani ibitego 6-2 mu mujyi wa Doha mu mukino wa mbere wo mu itsinda B.
Umukino wakinwe habanje amakimbirane menshi yo hanze y’ikibuga arwanya igihugu cya Qatar cyanze ko abakapiteni bambara ibitambaro bishyigikira abatinganyi.
FIFA yanze ubusabe bw’ibi bihugu ndetse itegeka ko igihugu cyemerera kapiteni wacyo kwambara iki gitambaro cya "One Love" afatirwa ibihano bituma benshi babihagarika. (…)
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza yatangiye Igikombe cy’isi 2022 iri hejuru cyane nyuma yo kunyagira Irani ibitego 6-2 mu mujyi wa Doha mu mukino wa mbere wo mu itsinda B.
Umukino wakinwe habanje amakimbirane menshi yo hanze y’ikibuga arwanya igihugu cya Qatar cyanze ko abakapiteni bambara ibitambaro bishyigikira abatinganyi.
FIFA yanze ubusabe bw’ibi bihugu ndetse itegeka ko igihugu cyemerera kapiteni wacyo kwambara iki gitambaro cya "One Love" afatirwa ibihano bituma benshi babihagarika.
Ikipe ya Gareth Southgate yabonye intsinzi yari ikwiriye,kuko yatsinze Iran iyirusha ku rwego rwo hejuru.
Jude Bellingham yafunguye amazamu ku ruhande rw’ Ubwongereza ku gitego cy’umutwe yatsinze ku mupira mwiza yahawe na Luke Shaw hasigaye iminota 10 ngo igice cya mbere kirangire.
Mbere yo kujya kuruhuka,Bukayo Saka yatsinze igitego cyiza ku munota wa 43 hanyuma na Raheem Sterling ashyiramo ikindi ku munota wa 45.Igice cya mbere cyongeweho iminota 14 kubera imvune y’umunyezamu wa Irani wavuriwe igihe kinini mu kibuga.Cyarangiye Ubwongereza bufite ibitego 3-0.
Mu gice cya kabiri,Bukayo Saka yatsinze igitego cya 4 cy’Ubwongereza ku munota wa 62 ariko Irani ibona impozamarira ku munota wa 65 ku gitego cyatsinzwe na Mehdi Taremi.
Ubwongereza bwabonye igitego cya 5 cyatsinzwe na Marcus Rashford winjiye asimbuye ku munota wa 71 hanyuma Jack Grealish nawe binjiriye rimwe mu kibuga atsinda icya nyuma ku munota wa 89.Iran yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 10 w’inyongera gitsinzwe na Mehdi Taremi kuri penaliti,nyuma y’ikosa rya John Stones.
Ubwongereza bwerekanye umukino wo ku rwego rwo hejuru cyane kuko bwagize 78 mu guhererekanya umupira kuri 22 ya Irani hanyuma butera mu izamu inshuro 7 kuri 3 zayo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *