skol

Ukraine yashyize Infantino ku rutonde rw’abanzi bo kwikiza

Yanditswe: Wednesday 04, Feb 2026

featured-image

Ukraine yashyize Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, ku rutonde rw’abo ishaka kwikiza kubera umubano afitanye n’u Burusiya.

Infantino yashyizwe kuri uru rutonde kubera gushyigikira no gufatanya n’u Burusiya mu buryo buhoraho no gufasha gukwirakwiza icengezamatwara ryabwo nk’uko byagaragajwe n’urubuga rwa internet rwa Mirotvorets rushyigikiwe na Leta ya Ukraine, rukunda kugaragaza abafatwa nk’abanzi b’iki gihugu.

Uru rubuga rugaragaza ko kandi mu 2019, Infantino yahawe umudali w’ubucuti na Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Infantino aherutse gutangaza ko bagiye kureba uko bakomorera u Burusiya bukongera kwitabira imikino mpuzamahanga, nyuma y’imyaka hafi ine buhagaritswe kubera intambara bwateyemo Ukraine mu 2022.

Uyu muyobozi avuga ko gukomeza guhagarika u Burusiya bubwongerera uburakari n’urwango.

Nyuma yo kumva ayo magambo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Andrey Sibiga, yise Infantino umuntu w’imico mibi.

Ukraine kandi ivuga ko umubano wa Infantino n’u Burusiya ushimangirwa n’igihembo cy’ubucuti yahawe na Vladimir Putin mu 2019.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa