skol

Umubano mubi w’abakinnyi n’umutoza ukomeje gutuma Man United itsindwa umusubirizo

Yanditswe: Thursday 09, Nov 2023

featured-image

Abakinnyi bamwe Manchester United baremeza ko uburyo Erik Ten Hag afata bamwe mu bakinnyi bigira ingaruka ku guhuza mu mikinire.

Uyu Muholandi amaze gushwana n’abakinnyi benshi kuva yatangira akazi kuri Old Trafford mu mpeshyi ishize.

Uyu mutoza yashyamiranye na Cristiano Ronaldo mu Gushyingo gushize,bituma uyu watwaye Ballon d’or inshuro eshanu avuga ku mugaragaro ko atamwubaha.

Gushwana kwabo byatumye Ronaldo asesa amasezerano.

Ten Hag ubu ahanganye na Jadon Sancho, bapfuye ko yamushinje ko atitwaye neza mu myitozo hanyuma uyu mukinnyi ajya ku mbuga nkoranyambaga abihakana.

Kuva icyo gihe Sancho yakuwe mu ikipe ya mbere ndetse bivugwa ko uyu yiteguye kwigendera mu kwezi kwa mbere.

Abakinnyi benshi ba Man Utd bivugwa ko batishimiye uburyo akomeje kubafata.

Nk’uko ikinyamakuru Daily Mail kibitangaza, bamwe bemeza ko uko Ten Hag yitwaye ku bakinnyi bamwe byagize ingaruka mbi mu mitekerereze yabo.

Bamwe mu bakinnyi nka Rashford basubiye inyuma cyane mu gihe hari abatacyitanga uko bikwiriye.

Kuri ubu, iyi kipe itozwa na Erik ten Hag iri ku mwanya wa nyuma mu Itsinda A rya Champions League n’amanota atatu, isigaje gusura Galatasaray no kwakira Bayern Munich.

Kuri uyu wa Gatatu,iyi kipe yo mu Bwongereza yari yerekeje muri Denmark, yabanje gutsinda ibitego bibiri bya Rasmus Højlund ku munota wa gatatu n’uwa 28, ariko ikarita itukura yahawe Marcus Rashford wakiniye nabi Elias Jelert ku munota wa 42, ihindura umukino.

Mohamed Elyounoussi na Diogo Gonçalves bishyuriye Copenhagen mu minota 13 y’inyongera mu gice cya mbere. Manchester United yongeye kuyobora umukino kuri penaliti yatsinzwe na Bruno Fernandes ku munota wa 69, ariko ibitego bya Lerager na Bardghji ku munota wa 83 n’uwa 87, bituma itsindwa 4-3.

Bayern Munich nayo mu itsinda A, yamaze kubona itike ya 1/8 kuko ibitego bibiri byinjijwe na Harry Kane byayifashije gutsinda Galatasaray 2-1, igira amanota 12 kuri 12 mu gihe andi makipe abiri ayikurikiye afite amanota ane.

Mu Itsinda B, Arsenal yagize amanota icyenda ku mwanya wa mbere ibikesha gutsinda Seville ibitego 2-0 byinjijwe na Leandro Trossard na Bukayo Saka ku munota wa 29 n’uwa 64, mu gihe PSV Eindhoven yanganyije amanota atanu na Lens nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0.

Real Madrid yageze muri 1/8 nyuma yo gutsinda SC Braga ibitego 3-0 byinjijwe na Brahim Díaz, Vinícius Júnior na Rodrygo, iyobora Itsinda C n’amanota 12 kuri 12, ikurikiwe na Napoli yagize amanota arindwi nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Union Berlin yasezerewe kuko ifite inota rimwe.

Andi makipe abiri yakomeje ni ayo mu Itsinda D aho Real Sociedad yagize amanota 10 nyuma yo gutsinda Benfica ibitego 3-1, iyanganya na Inter Milan yatsindiye FC Salzburg iwayo igitego 1-0 cya Lautaro Martínez.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa