skol

Umuherwe ukomeye arashaka kugura Arsenal afatanyije n’abanyabigwi bayo 3 b’ibihe byose

Yanditswe: Monday 26, Apr 2021

Umuherwe ukomoka muri Sweden witwa Daniel Ek yamaze gutanga ubusabe bwo kugura ikipe ya Arsenal ayikuye mu maboko y’umunyamerika Stan Kroenke wanzwe cyane n’abafana bayo kubera kuyisubiza inyuma no kuyijyana muri European Super League.

Bwana Daniel Ek nyiri kompanyi yitwa Sportify arashaka gufatanya na Thierry Henry, Dennis Bergkamp na Patrick Vieira kugura iyi kipe ya Arsenal yigeze kuba imwe mu zikomeye mu Bwongereza.

Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize,abafana ba Arsenal bagaragaje byeruye ko badashaka umuryango wa Stan Kroenke mu ikipe yabo ndetse bamusaba kuyigurisha mu myigaragambyo bakoreye inyuma ya stade ya Emirates.

Stan Kroenke w’imyaka 73 ntiyigeze akora ku mutima abafana ba Arsenal kuva yagura ikipe kuko bivugwa ko nta mafaranga ashora mu kugura abakinnyi bakomeye ngo iyi kipe yongere kwisubiza ibikombe nkuko yabikoze muri 2000-2006.

Bwana Ek bivugwa ko atunze akayabo ka miliyari 3.4 z’amapawundi yagaragaje ko yifuza kugura iyi kipe kuwa Gatanu nyuma yo kubona ko ishobora kujya ku isoko abafana nibakomeza kotsa igitutu Kroenke ngo ayigurishe.

Amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bari mu ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona idatsinzwe

Ikinyamakuru Daily Telegraph kivuga ko Bwana Daniel Ek wari gutegura ubusabe bwo kugura iyi kipe azaha Stan Kroenke.

Icyakora,umuhungu wa Stan witwa Josh Kroenke uri mu buyobozi bwa Arsenal aherutse kubwira abafana b’ikipe ko nta gahunda bafite yo kugurisha iyi kipe ibinjiiriza agatubutse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa