Umunyafurika y’Epfo,Patrice Motsepe usanwe ari umuntu wa 9 ukize muri Afurika ndetse akaba ari nyiri ikipe ya Mamelodi Sundowns, ni we Perezida mushya wa CAF asimbuye Ahmad Ahmad wahagaritswe imyaka 2 mu mupira w’amaguru.
Nyuma yo gushyigikirwa bikomeye na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino,Bwana Patrice Motsepe yatorewe kuba perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika,CAF.
Motsepe W’imyaka 59 yatorewe mu nama y’inteko rusange ya CAF yok u nshuro ya 4 i yabereye I Rabat muri Morocco kuri uyu wa Gatanu.
Motsepe nta bunararibonye buhambaye afite mu kuyobora umupira w’amaguru uretse gusa kuba yari ayoboye ikipe ye ya Sundowns, yashinze muri 2003 ikaba yaratwaye na CAF Champions League muri 2016.
Motsepe yabwiye umwe mu banyamakuru ati “Nta muntu muri Afurika umaze gushora amafaranga menshi mu mupira w’amaguru kundusha.Umupira w’amaguru muri Afurika ugomba kuba uwa mbere ku isi.Ntabwo birahita bikunda ariko niwo mukoro tugiye kwiha mu myaka mike iri imbere.”
Motsepe ni kabuhariwe mu gucukura no gucuruza amabuye y’agaciro ari naho kenshi yakuye akayabo ka miliyari zisaga 3 z’amadolari atunze.Uyu ni muramu wa Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa.Yanabaye umunyamategeko mbere.
Umuhungu we Tkhopie Motsepe niwe wamusimbuye ku buyobozi bwa Mamelodi Sundowns.
Abamwungirije ni Augustin Senghor [Senegal] wabaye Visi Perezida wa Mbere na Ahmed Yahya [Maurtania] wabaye uwa 2.
Motsepe niwe watorewe kuyobora CAF
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *