skol

Umukinnyi ukunzwe muri Basketball mu Rwanda yasezeranye mu mategeko

Yanditswe: Friday 27, Oct 2023

featured-image

Visi kapiteni w’ikipe y’igihugu, akaba umukinnyi wa Patriots BBC , Ndizeye Ndayisaba Dieudonne’Gaston’, yambitse impeta umukunzi we, Karekezi Ruzindana Liliane.

Ni umuhango wabaye ejo hashize ku wa Kane tariki ya 26 Ukwakira 2023 ubera mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimihurura.

Nyuma yo kwemeranya kubana akaramata, biteganyijwe ko indi mihango y’ubukwe izaba tariki ya 4 Ugushyingo 2023.

Basezeranye nyuma y’uko tariki ya 20 Kanama 2023 mu birori byabereye muri Treasures of Ikoro mu Mujyi wa Kigali aribwo uyu mukinnyi yasabye uyu mukunzi we kumubera umugore undi arabyemera.

Yavukiye i Nyanza tariki 14 Ukwakira 1995.Avuga ko yatangiye gukina Basketball mu 2011, ubwo yigaga muri St Peter Igihozo i Nyanza.

Ndizeye yakiniye ikipe y’igihugu nkuru bwa mbere mu mwaka wa 2017,amezi abiri mbere y’uko yerekeza muri Patriots BBC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa