Umukinnyi wa Liverpool arashinjwa gukubitira umutoza mu myitozo
Yanditswe: Wednesday 25, Oct 2023
Uwahoze ari icyamamare muri Liverpool, Mamadou Sakho,aravugwaho gukubita umutoza we muri Montpellier, Michel Der Zakarian, ubwo bashwanaga mu myitozo.
Biravugwa ko ubu ashobora kwirukanwa muri iyi kipe kuko ngo hari n’igikoresho cy’umuryango w’uyu mutoza we yagije muri iyi mirwano.
Sakho w’imyaka 33 y’amavuko ari muri Montpellier kuva mu 2021 nyuma yo kuva muri Crystal Palace.
Yibukwa cyane n’abafana ba Premier League mu myaka itatu yamaze muri Liverpool, aho yakinnye imikino 80 mbere yo gushwana na Jurgen Klopp.
Uyu mugabo wahoze muri Paris Saint-Germain,Sakho yakiniye imikino 75 Crystal Palace mbere yo gusubira mu Bufaransa muri Montpellier mu myaka ibiri ishize.
Ariko igihe cye muri iyi kipe yo muri Ligue 1 gishobora kurangira nyuma yo kuvugwaho gukubita umutoza we.
Ikinyamakuru cy’Abafaransa L’Equipe kivuga ko Sakho yasohotse mu myitozo nyuma y’uko umutoza Der Zakarian ananiwe kumusifurira ikosa mu mukino w’imyitozo.
Umutoza wa Montpellier yahise atuka Sakho kubera icyemezo yafashe cyo kugenda, bituma uyu myugariro arakara cyane, bihurirana nuko yabuze umwanya wo gukina muri iyi shampiyona.
Amakuru avuga ko aba bakomeje gushyamirana mu myitozo,bikomereza mu rwambariro.Sakho ngo yaje kurakara cyane nyuma y’uko uyu mutoza amwise ’umwana wiriza’ niko kumufata mu ijosi amujugunya hasi.
Umutoza Der Zakarian yasigaye arakaye kubera uko gushyamirana.
Ariko aganira na L’Equipe, yagize ati: “Nta kibazo na kimwe gihari. Ntacyo nabivugaho. ”
Montpellier na Sakho ntacyo batangaje ku byabaye.
Uyu mukinnyi ari mu mwaka wa nyuma w’amasezerano ye nyuma yo gushyirwa ku isoko mu mpeshyi ntabone umugura.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *