Umukinnyi wa Manchester United wananiwe kuva muri stade agasigara wenyine ari kurira yateye benshi agahinda [AMAFOTO]
Yanditswe: Monday 06, May 2019
Umukinnyi wa Manchester United,ukiri muto Scott McTominay,yababajwe n’uko ikipe ye yananiwe gutsinda Huddersfield niko kwanga kujya mu rwambariro umukino urangiye,asigara mu ntebe zo muri stade ari kurira.
Uyu musore ukiri muto wari watsindiye Manchester United igitego ku munota wa 08 w’umukino ubwo bakinaga na Huddersfield kuri iki cyumweru,yananiwe kwakira ko bananiwe kuyitsinda kuko yabishyuye ku munota wa 60 ku gitego cyatsinzwe na Mbenza,bituma icyizere cyo kurangiza mu makipe 4 ya mbere kiyoyoka.
Scott McTominay w’imyaka 22 yasigaye mu ntebe wenyine ari kurira,ubwo umukino wabo na Hudersfield wari urangiye ari igitego 1-1,bibabuza kwegera Chelsea FC,Arsenal na Tottenham zari zimaze iminsi zitwara nabi.
Umusaruro mubi wa Manchester United muri uyu mwaka w’imikino,watumye iyi kipe yongera kugaruka mu mikino ya UEFA Europa League ishobora guhuriramo na Arsenal yo yananiwe burundu kuvamo.
Manchester United irashaka kwiyubaka muri iyi mpeshyi kugira ngo irebe ko yazagaruka ku rwego rwiza rwayifasha gutwara ibikombe no kugaruka muri UEFA Champions League.
McTominay yababaje benshi kubera ukuntu yihebye nyuma yo kubura Big 4

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *