Umukinnyi wa mbere w’Umunyamahanga APR FC ishaka yamenyekanye
Yanditswe: Saturday 14, Jan 2023
Umunyekongo Jean Marc Makusu Mundele biravugwa ko ari mu biganiro n’ikipe ya APR FC nyuma yo kuvugana bwa mbere na Rayon Sports.
Makusu uheruka gutandukana na St Éloi Lupopo, kuri ubu ari kubarizwa muri Algeria aho ari kumwe n’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CHAN 2022.
Uyu mukinnyi w’imyaka 30, yari amaze iminsi avugwa muri Rayon Sports ariko impande zombi ntizirumvikana ku igurwa rye kuko ibyo asaba birimo umushahara w’ibihumbi 3$ ukiganirwaho.
Mu gihe (…)
Umunyekongo Jean Marc Makusu Mundele biravugwa ko ari mu biganiro n’ikipe ya APR FC nyuma yo kuvugana bwa mbere na Rayon Sports.
Makusu uheruka gutandukana na St Éloi Lupopo, kuri ubu ari kubarizwa muri Algeria aho ari kumwe n’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri CHAN 2022.
Uyu mukinnyi w’imyaka 30, yari amaze iminsi avugwa muri Rayon Sports ariko impande zombi ntizirumvikana ku igurwa rye kuko ibyo asaba birimo umushahara w’ibihumbi 3$ ukiganirwaho.
Mu gihe ibyo bikiri mu biganiro, amakuru agera kuri IGIHE dukesha iyi nkuru ni uko APR FC na yo yamaze gutera intambwe yo kugura uyu rutahizamu ngo azayikinire guhera mu mwaka w’imikino wa 2023/24.
Umwe mu bo hafi ya Makusu Mundele yabwiye IGIHE ko ibiganiro hagati y’uyu mukinnyi na APR FC byatangiye muri iyi minsi ndetse bisa n’ibyafashe umurongo muzima ku buryo yumva yaza gukinira iyi kipe yambara umukara n’umweru.
Ibiganiro by’impande zombi birashimangira amakuru avuga ko APR FC ishobora gutangira gukinisha abanyamahanga mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryaba ryongereye abakinnyi amakipe yemerewe, bakaba 33 aho kuba 30 nk’uko bimeze muri uyu mwaka w’imikino.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *