Umukinnyi wa Newcastle yahawe igihano gikomeye kubera icyaha yakoze
Yanditswe: Thursday 26, Oct 2023
Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Newcastle witwa Sandro Tonali yahagaritswe amezi icumi nyuma y’iperereza ryakozwe rikagaragaza ko yijanditse mu byo gutega ku mikino.
Uyu mukinnyi wa Newcastle yagize uruhare mu bikorwa byo gutega bitemewe na gato ari kumwe na mugenzi we ukina hagati wa Juventus Nicolo Fagioli, hamwe n’undi mukinnyi wa Aston Villa, Nicolo Zaniolo.
Newcastle itegereje itangazo rigenewe itangazamakuru, ariko perezida wa FIGC, Gabriele Gravina, yemereye abanyamakuru bo mu Butaliyani mu gitondo cyo kuri uyu wa kane ko Tonali yahagaritswe amezi 10.
Yahamijwe n’icyaha cyo gutega ku mikino bitemewe n’amategeko kandi ntazaboneka mu kibuga kugeza muri Kanama 2024.
Tonali kandi azajyanwa mu kigo gifasha ababaswe no gukina urusimbi,ahamare amezi umunani.
Bivuze ko uyu mukinnyi wo hagati atazongera kugaragara muri iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino nubwo Newcastle yari imukeneye muri Champions League n’ahandi.
Uyu yinjiye mu kibuga asimbuye mu ijoro ryakeye batsindwa na Borussia Dortmund igitego 1-0 muri Champions League.Tonali nta nubwo azakina Euro 2024.
Ushakira amakipe Tonali, Giuseppe Riso, yatangaje ko uyu musore w’imyaka 23 yabaswe no gukina urusimbi kandi ngo kuba bigaragaye bishobora "kurokora ubuzima bwe".
Riso yagize ati: "Sandro yabaswe no gukina urusimbi. Arwana no kubyirinda, kandi nzi neza ko azatsinda uyu mukino utoroshye.
Ati: “Arababaye, ari gutitira kandi ari mu buribwe. Nizeye ko ibi bihano bizakiza ubuzima bwe ndetse n’ubw’abandi benshi bameze nkawe,kuko bizafasha abandi bagwa mu ngeso imwe niye. ”
Uyu mukinnyi waguzwe miliyoni 55 z’ama pound avuye muri AC Milan, yakinnye iminota 21 mu mukino Newcastle yatsinzemo Crystal Palace ibitego 4-0 muri wikendi ishize ndetse abafana bamwereka ko bamushyigikiye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *