Umukinnyi Alexis Beka Beka wa Nice yo mu Bufaransa washatse kwiyahura kubera umukunzi we wamwanze, yabashije gutabarwa n’inzego z’umutekano mu Bufaransa, ubu ameze neza.
Uyu mukinnyi wo hagati wa OGC Nice,Alexis Beka Beka yari yafashe umwanzuro wo gusimbuka ikiraro kirekire cya Magnan i Nice ariko yaje gutabarwa ararokoka.
Ibiganiro byakomeje hamwe n’umuhanga mu by’imitekerereze w’ikipe kuri icyo kiraro, mu gihe inzego z’ubutabazi, abashinzwe kuzimya umuriro, n’abasirikare bagize uruhare muri icyo gikorwa cyo gutabara uyu musore.
Ibyabaye ngo bifitanye isano n’uko uyu musore yari amaze gutandukana n’umukunzi we. Uyu mukinnyi wo hagati wimyaka 22 yinjiye muri Nice mu 2022 avuye muri Lokomotiv Moscou agurwa miliyoni 12 z’ama euro ariko ntabwo arakina muri uyu mwaka w’imikino.
Iki kiraro gifite uburebure bwa metero 100,cyabayeho akajagari k’imodoka ubwo polisi yashakaga gutabara uyu mukinnyi.
Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo,ikipe ya Nice yahagaritse ikiganiro n’abanyamakuru yari ifite.
Imyitozo irakomeza ariko abanyamakuru basabwe gutaha,ndetse ikiganiro bari baje gukorana na Nice kirasubikwa.
Ikipe ya Nice iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona iri kwitegura gukina na Brest ya mbere ku cyumweru tariki ya 1 Ukwakira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *